Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), ryemeje ko abayisilamu bagera kuri 70 barimo abanyamahanga 15, bahagurutse i Kigali berekeza i Maka muri Arabie Saoudité gukora Umutambagiro Mutagatifu ngarukamwaka “Hijja.”
Nk’uko byatangajwe n’uyu Muryango w’Abayisilamu mu Rwanda, itsinda rya mbere ry’abagiye gukora uyu Mutambagiro Mutagatifu, bahagurutse i Kigali ku wa 27 Gicurasi 2025. Bose hamwe ni 70 barimo Abanyarwanda 55 n’abanyamahanga 15.
Irindi tsinda ry’abazajya i Maka bahagurukiye mu Rwanda, biteganyijwe ko rizagenda ku wa 30 Gicurasi uyu mwaka. Abagiye bajyanye n’indege ya Rwandair ndetse ni na yo izajyana irindi tsinda ry’abandi umunani basigaye.
Ubwo yaganirizaga abagiye, Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Moussa, yabibukije ko n’ubwo bagiye kwiyegereza Imana ariko kandi ko bagiye bahagarariye u Rwanda ari na yo mpamvu yabasabye kuzarangwa n’Indangagaciro ziranga Umunyarwanda.
Abakora Umutambagiro Mutagatifu, bakora ibikorwa bitandukanye birimo amasengesho, gusura ibice bitandukanye by’amateka yaranze Intumwa y’Imana Muhammad no gukora indi mihango itandukanye igamije kwiyegereza Imana cyane.






UMUSEKE.RW