Hagaragajwe uko Kabgayi yabaye ipfundo ry’amacakubiri yagejeje kuri Jenoside

Yanditswe na Elisée MUHIZI
Hagaragajwe uko Kabgayi yabaye ipfundo ry’amacakubiri

Mu Kiganiro   Padiri Karangwa Hildebrande  yatanze mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jesoside yakorewe Abatutsi, yavuze  ko  Kabgayi yabaye ipfundo ry’amacakubiri yabaye intandaro ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Padiri Karangwa Hildebrande  akaba ni Umushakashatsi ku mateka ya Jenoside avuga ko umwaka w’1958 wabaye umwaka w’amacakubiri ashingiye ku moko kuko aribwo bamwe mu banyapolitiki bo mu bwoko bw’abahutu  icyo gihe bashinze ishyaka bise “Mouvement Social Muhutu”.

Padiri Karangwa avuga ko mu bari barirangaje imbere harimo Perezida Kayibanda Grégoire n’abandi bafatanyaga.

Ati”Abatutsi benshi bari barahungiye aha iKabgayi kuko niho hari mu bihayimana bazi ko baharokokera ariko abenshi barahacirwa”

Padiri Karangwa avuga ko  mu bari bahahungiye nawe abarimo kuko hari na Padiri Rukundo Emmanuel wakoreraga iKabgayi  wagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ndetse akaba yarahamwe n’icyaha  cya Jenoside, akatirwa igifungo cy’imyaka 25  mu Rukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rwari Arusha muri Tanzania.

Ati”Hano i Kabgayi niho hari ikibanza cya Jenoside kuva mu mwaka wa 1958  n’indi myaka yagiye isimburana kugeza ku ndunduro yaJenoside kandi Kiliziya ikabyemera”

Uyu Mushakashatsi avuga ko n’Ikinyamakuru cya Kiliziya Gatolika cyitwa Kinyamateka yakoreyeho ubushakashatsi  kitigeze cyamagana ayo macakubiri ashingiye ku bwoko.

Avuga ko hari  n’ishyaka ryitwa Hutu Power ryabayeho kandi rikurikirwa n’abahutu benshi bashaka kwigaranzura abo bitaga abatutsi.

Ati”Iri pfundo ry’amacakubiri kandi abahutu barifashijwemo n’abapadiri bera ndetse na Leta y’ububiligi.”

Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi Ntivuguruzwa Barthazar avuga ko  barimo guhangana n’ingaruka za Jenoside kuko ari n’umwanya wo  kurwanya ingengabitekerezo yayo.

Ati”Uyu niwo mwanya wo kwegera no komora ibikomere abarokotse Jenoside, tubaha ihumure ndetse tunasubiza icyubahiro abacyambuwe “

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice avuga ko  bamwe mu bihayimana biciwe aha iKabgayi bishwe bagerageza guha ubufasha abari bahahungiye.

Ati”Aba bose bishwe kubera ko ari abatutsi kandi  hirya no hino muri za Kiliziya ahagombaga gutangirwa ijambo ry’Imana nyamara hahindutse amarira n’agahinda.”

Muri iki gikorwa abayobozi n’Abakozi babarizwa muri Diyosezi ya Kabgayi bibutse abihayimana, abakristo , abakoraga mu bigo by’amashuri ndetse no mu zindi serivisi za Diyosezi  ya Kabgayi bahiciwe.

Habaye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatusi
Iki gikorwa cyabanjirijwe n’urugendo rwo kwibuka

Harimo abihayimana, abanyeshuri ndetse n’aba Furere
Padiri Karangwa Hildebrande akaba ni Umushakatsi avuga ko Kabgayi ari ipfundo ry’amacakubiri
Urugendo rwo Kwibuka rwitabiriwe kandi n’abenyeshuri biga mu karere ka Muhanga
Bashyize indabo ku rwibutso rushyinguyemo imibiri y’Abatutsi
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi Ntivuguruzwa Barthazar yunamira ndetse ashyira indabo ku mva y’inzirakarengane z’Abatutsi bishwe muri Jenoside

MUHIZI ELISÉE

UMUSEKE.RW/Muhanga

Yisangize abandi