Mu mafoto: Ibyaranze umuhango wo gutanga ibihembo bya Rubavu Music Awards

Yanditswe na NDEKEZI Johnson

Abahanzi bo mu Karere ka Rubavu bahize abandi mu myaka itatu ishize bahawe ibihembo mu birori bya Rubavu Music Awards & Talent Detection, byabaye ku nshuro ya mbere ku mugoroba wo ku wa 24 Gicurasi 2025, muri Kivu Intare Arena.

Ibi bihembo byateguwe ku bufatanye bwa Future Novelty Company, Vision Jeunesse Nouvelle n’Akarere ka Rubavu, bigamije guteza imbere impano ziganjemo iz’urubyiruko mu muziki n’imyidagaduro muri rusange.

Ibi birori byitabiriwe n’abantu batandukanye barangajwe imbere n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Bwana Prosper Mulindwa.

Byitabiriwe kandi na Sheikh Bahame Hassan wahoze ayobora ako karere n’umufasha we, Mugaba Jonathan wari uhagarariye Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, hamwe n’abandi banyacyubahiro.

Abakunzi b’umuziki, abahanzi nyir’izina ndetse n’abandi bafite aho bahurira n’imyidagaduro, barimo abakinnyi ba sinema n’abanyamakuru, na bo bari babukereye.

Umuyobozi wa Future Novelty Company, Ruterana Freddy, yashimiye buri wese wagize uruhare mu gutuma iki gikorwa kigera ku ntego.

Yagize ati: “Ni umunsi udasanzwe kuri twe, kuko winjiye mu mateka y’umuziki wa Rubavu nyuma y’imyaka 13 habaye igikorwa nk’iki cya Gisenyi Music Awards.”

Umuyobozi wa Vision Jeunesse Nouvelle, Frère Vital Ringuyeneza, yavuze ko iki gikorwa kigamije guhesha agaciro impano ziri muri aka karere.

Yagize ati: “Ntitujye duhora twitabira ibitaramo by’ahandi cyangwa dukurikirana iby’ahandi, dusize iby’iwacu i Rubavu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yavuze ko ubuyobozi buzakomeza gushyigikira impano, ndetse ko ibibazo byose byagaragajwe bizahabwa umurongo.

Yagize ati: “Akarere ka Rubavu turi tayali. Ibyo mwagaragaje byose nzabijyana mu bandi dukorana, dukomeze tubyinjize mu igenamigambi.”

Urutonde rw’abahanzi begukanye ibihembo muri ‘Rubavu Music Awards’.

Best Male Artist : Fica Magic
Best Female Artist : Ka Nyota
Best R&B Singer : Fica Magic
Best HipHop Artist : Josskid
Best Group : The Same
Best Gospel Artist : Alicia&Germaine
Song of the Year : Kunda Cyane
video of The Year : Kunda Cyane
Best Dj : Selekta Dady
Best Photographer: Kevin
Best Audio Producer : Bertz Beat
Best Video Director : Big Deal

Sheikh Bahame Hassan n’umufasha we batambuka ku itapi itukura
Bushali yataramiye abitabiriye itangwa ry’ibi bihembo
Yampano ugezweho muri iyi minsi yaririmbye mu itangwa rya Rubavu Music Awards
Meya Mulindwa ashyikiriza igihembo Fica Magic
Umuyobozi wa Vision Jeunesse Nouvelle, Frère Vital Ringuyeneza
Abanyabigwi mu muziki wa Rubavu bashimiwe
Abakunzi ba Muzika bishimiye gutaramira muri Kivu Intare Arena
Abayobozi batandukanye bitabiriye ibi birori, bakurira ingofero abahanzi b’i Rubavu baniyemeza kubatera ingabo mu bitugu
Hahembwe kandi abanyempano bahize abandi mu mirenge y’Akarere ka Rubavu
Bolingo, umwe mu bahanzi beza Akarere ka Rubavu gafite yataramye biratinda
T-Blaise yifashishije ababyinnyi maze asusurutsa abari muri Kivu Intare Arena
Mc Leandre Niyomugabo wayoboye ibi birori, yasabye Akarere ka Rubavu korohereza abahanzi bagataramira muri Kivu Intare Arena
Sego Sele wamamaye muri muzika nyarwanda mu myaka itambutse ashyikiriza Kevin igihembo cy’Umufotozi mwiza
Selekta Dady yabaye ‘Best Dj’ ashimira Orange Group abarizwamo, igihembo yagishyikirijwe na Basul
Bertz Beat yegukanye igihembo cya ‘Audio Producer’ wahize abandi mu Karere ka Rubavu
Big Deal yahigitse bagenzi be bari bahatanye mu cyiciro cya ‘Best Video Director’
Itsinda rya The Same ryegukanye ibihembo bitatu, aha bahembwaga na Sheikh Bahame n’umufasha we
Mighty Popo umuyobozi w’ishuri rya muzika rya Nyundo ashyikiriza igihembo Alicia&Germaine begukanye ‘Best Gospel Artist’
Ka Nyota niwe muhanzikazi wahize abandi mu Karere ka Rubavu
Leandre Niyomugabo yanyuzagamo akagaruka ku rugendo rwa muzika mu Karere ka Rubavu
Abouba Star yahawe akanya ashyira mu bicu abakunzi ba muzika.
Josskid yegukanye igihembo cy’umuraperi mwiza
Khaliddy yaririmbye indirimbo zirimo Anwalita na Uzankoraho ari nako asaba abitabiriye ibi birori kunyeganyega
Umuraperi Thomson yahawe umwanya atanga ubutumwa mu njyana yihebeye
Umuraperi Haj P nawe yataramiye abitabiriye Rubavu Music Awards
Isha Mubaya uri mu bahanzi beza mu Karere ka Rubavu nawe yataramiye abitabiriye Rubavu Music Awards
Nsenga Elyse, umuramyi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yashyize abantu mu mwuka

Abegukanye ibihembo n’abayobozi bafashe ifoto y’urwibutso

PHOTOS: LUC IMAGES

NDEKEZI JOHNON / UMUSEKE.RW

Yisangize abandi