Abakiniye Amavubi “FAPA” biyemeje kurerera u Rwanda – AMAFOTO

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Mu rwego rwo gufasha Igihugu kubona abakinnyi benshi kandi bato bafite impano yo gukina umupira w’amaguru, abibumbiye mu Ishyirahamwe ry’abakiniye ikipe y’Igihugu, Amavubi, rizwi nka “FAPA”, basubukuye gahunda yo gufasha abana gukuza impano za bo.

Ubusanzwe, FAPA isanzwe ikurikirana irushanwa ry’abato ryitwa “Urubuto Community Youth Cup 2025”, ryarangiye igikombe cyegukanye n’Irerero rya Bayern Munich mu batarengeje imyaka 16.

Nyuma y’uko iri rushanwa rirangiye muri Mata uyu mwaka, abakiniye Amavubi bahisemo gukomeza gahunda yo gukurikirana abana bagaragaje impano kurusha abandi. Ni abana bafite hagati y’imyaka itanu na 17.

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa FAPA, Murangwa Eric Eugène, hashyizweho gahunda yo kujya batoza aba bana Kabiri mu kwezi cyangwa izo nshuro zikaziyongera bitewe n’umwanya w’abana bazaba baje mu biruhuko.

Ababyeyi bari baje gushyigikira abana ba bo kuri Kigali Pelé Stadium ku wa 1 Kamena 2025, bashimye cyane ubushake bw’aba bahoze bakinira Amavubi ku bwo kwitangira abana b’Igihugu nta yindi nyungu bagamije uretse kubaha ubumenyi buzabafasha mu myaka ya bo iri mbere.

Bamwe mu bagaragaye muri iki gikorwa, harimo Haruna Niyonzima, Sibomana Abdoul, Karim Kamanzi, Kayihura Yussuf “Tchami”, Murangwa Eric Eugène, Higiro Thomas, Ingabire Judith, Nshizirungu Hubert, Munyaneza Ashraf, Hitimana Thierry n’abandi.

Ni gahunda kandi ishyigikiwe n’ihuriro rya “Project Team Work” ririmo amashyirahamwe nka FAPA, Karibu FC, Ossousa, La Jeunesse, Vision FC, Forever Girls, APR FTC, Intare FTC n’andi marerero yo mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma y’imyitozo, abana baganirijwe
Haruna Niyonzima ari mu batoza bari gufasha aba bana
Babanza kwereka abana uko bakwiye kubigenza
Haruna Niyonzima yerekaga abana uko bagomba gutera neza umupira
Karim Kamanzi (iburyo) na Hitimana Thierry uhagarariye abatoza bose batoza aba bana
Sibomana Abdoul na Haruna Niyonzima babanje kwereka abana uko bagomba gutwara umupira bahererekanya
Abana bakina mu izamu na bo barafashwa
Abana bazajya bahabwa iby’ingenzi mu mupira w’amaguru
Harimo abana bagaragaza ko bazavamo abakinnyi beza b’ejo hazaza
Nyuma y’imyitozo bateze amatwi impanuro bahawe
Banagize icyo bavuga ku myitozo bahawe
U Rwanda rufite abana bato bashobora kuvamo abanyezamu beza
Ni abana batanga icyizere
Baramutse bakomeje gukurikiranwa, bazavamo abanyezamu beza
Bahabwa iby’ibanze byose bikenerwa
Ni ba Haruna Niyonzima b’ejo hazaza
Kumenya gutanga umupira ni ikintu cy’ingenzi cyane mu mupira w’amaguru
Sibo Abdoul nk’uwakinnye ku rwego rwiza, yasobanuriraga abana icyo bakwiye gukora
Abana bo mu Irerero rya “Agaciro Football Academy”, bari baje guhabwa kuri ubu bumenyi
Ingabire Judith wakiniye Amavubi y’abagore (She-Amavubi), ari mu bafasha aba bana mu gice cy’izamu
Higiro Thomas ari mu barimu b’abatoza, bafasha aba bana
Ababyeyi baza gushyigikira aba ba bo
Bijeje FAPA ko bazafatanya muri uri rugendo
Yassin utoza abato b’abanyezamu mu Intare FC, aba yaje gufasha aba bana
Murangwa Eugène Eric, yabanje gusobanurira ababyeyi impamvu yo guha aba bana imyitozo

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *