AJSPOR yasuye Urwibutso rwa Nyanza – AMAFOTO

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Abibumbuye mu Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru b’Imikino [AJSPOR], ryasuye Urwibutso rwa Nyanza mu Akarere ka Kicukiro rushyinguyemo Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994.

Ni igikorwa cyabaye ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru mu masaha y’amanywa. Ryari itsinda ririmo ubuyobozi bwa AJSPOR ndetse n’abandi banyamuryango b’iri shyirahamwe.

Aba basuye uru rwibutso rushyinguyemo Abatutsi basaga 105.600 barimo abarenga 3000 biciwe i Nyanza ubwo bahahungiraga bibwira uko bari buharokokere ariko bikarangira bahiciwe.

Aba banyamakuru basobanuriwe amateka yaranze Abatutsi bahiciwe, ndetse batemberezwa ibice bigize uru Rwibutso, banahashyira indabo.

Ni umuhango wiswe “AJSPOR Unity Day 2025”, nyuma yo kuva ku Rwibutso, bagiye gukina umukino w’ubusabane warangiye ikipe y’ingaragu itsinze ibitego 8-3 ababutse. Hakurikiyeho gusabana kurimo gusangira.

Abanyamakuru bibumbiye muri AJSPOR, basuye Urwibutso rwa Nyanza rushyinguyemo Abatutsi basaga 105.0600 bishwe muri Jenoside
Bateze amatwi basobanurirwa amateka y’uru Rwibutso
Bashyize indabo ahashyinguye Abatutsi bishwe muri Jenoside muri Mata 1994
Basobanuriwe buri kimwe
Ngabo Roben na Munyantore Eric [Khalikeza]
Umutoza mukuru wa AJSPOR, Hatungimana Désire
Ikipe y’abubatse yabanjemo
Ikipe y’abubatse n’ababiteganya
Ingaragu zagaritse ababutse
Wari umwanya mwiza ku bakuze kongera kugaragara mu kibuga
N’ubwo wari umukino w’ubusabane, nta wifuzaga gutsindwa
Benjamin yari mu bakinnye
Jado Castar [16], yongeye kugaragaza ko imyaka ari imibare
Wari umwanya mwiza wo kwishimana
Khalikeza yabaye umukinnyi mwiza w’umukino
Ikipe yabanjemo ku ruhande rw’ingimbi

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *