Amashimwe y’abakomeje kungukira muri “Esperance Football Tournament 2025”

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Abakinnyi bakomeje gufashwa n’irushanwa rya “Esperance Football Tournament 2025”, baravuga imyato iri rushanwa rikomeje gutuma berekana impano za bo.

Guhera ku wa 14 Kamena 2025, ku kibuga cya Tapis Roue i Nyamirambo, hari kubera imikino y’irushanwa “Esperance Football Tournament.” Ni irushanwa ryateguwe na Ishimwe Claude uzwi ku izina rya “Cucuri”, hagamijwe gufasha abakinnyi bakiri kugaragaza impano za bo ndetse no gufasha abigiye hejuru mu myaka kubona akazi ku batagafite.

Ni irushanwa ryagaragaje abakinnyi bari kurebwa ijisho ryiza na bamwe mu bayobozi b’amakipe yo mu cyiciro cya mbere n’icya Kabiri mu Rwanda. Buri mukino, hahembwa umukinnyi witwaye neza [man of the match], aho ahabwa igihembo cyateganyijwe ariko giherekezwa n’ibihumbi 20 Frw.

Abaganirije UMUSEKE mu bari gukina iri rushanwa, bahamya ko babonye umwanya mwiza wo kugaragaza impano za bo ariko ikirenze kuri ibyoni uko hari abatangiye kuvugana n’amwe mu makipe.

Umwe yagize ati “Ni irushanwa ryiza rikomeje kudufasha kuko nk’abakinnyi tuba dukeneye imikino myinshi. Ikindi twishimira ni uko abateguye irushanwa bazirikanye guhemba umukinnyi uba yitwaye neza kuri buri mukino kuko bituma guhangana biryoshya irushanwa.”

Undi ati “Nkanjye ndishimira ko abato dukomeje guhabwa umwanya wo kugaragaza impano zacu. Hari umuyobozi wampamagaye ariko musaba ko yanyemerera nkabanza byibura nkasoza imikino y’amatsinda.”

Umuyobozi w’imwe mu makipe akina muri shampiyona y’u Rwanda, yavuze ko mu minsi amaze aza kureba iyi mikino, yasanze hari abakinnyi batarenzwa ingohe n’ubwo bisaba kwitonda.

Ati “Hari abakinnyi warebaho. Mu minsi maze nza kuri tapis rouge, nabonyemo abana bazi gukina gusa nyine nanone bisaba kubyitondamo.”

Biteganyijwe ko iri rushanwa riri kugaragaramo amazina asanzwe muri shampiyona z’u Rwanda, rizarangira ku wa 7 Nyakanga uyu mwaka. Umukino wa nyuma uzabera kuri Kigali Pelé Stadium.

Ni imikino iba irimo guhangana
Abasanzwe bakina mu cyiciro cya mbere muri shampiyona y’u Rwanda, bagaragara muri iri rushanwa
Imikino iri kubera kuri Tapis Rouge
Uwitwaye neza arabihemberwa
Impano z’abakinnyi bato zikomeje kwigaragaza
Byiringiro yagaragaje ko mu bato harimo impano
Elie Tatou [10] ari mu bari gukina iri rushanwa
Ishimwe Djabel “Ayman” ari mu bakinnyi bato bakomeje kwigaragaza
Hakizimana Tity ari mu bakomeje guhangwa amaso muri iri rushanwa
Salim Saleh ari mu bakinnyi bato bakomeje kugaragaza impano
Yunussu ni irindi zina rizwi riri gukina iri rushanwa
Abakinnyi bakomeje kongera umubare w’imikino
Abatoza batandukanye baza kwihera amaso iyi mikino
Habimana Yves ni irindi zina rizwi riri muri iyi mikino
Native Sport ifite abakinnyi basanzwe bazwi muri shampiyona y’u Rwanda
Kayitaba Bosco ni umwe mu bakinnyi bazwi bari gukina muri iri rushanwa
Abayobozi batandukanye ni bo baza guhemba umukinnyi witwaye neza ku mukino
Haruna Niyonzima ari mu bazwi gukina iri rushanwa

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi