Mu gihe riri kugana ku musozo, irushanwa “Esperance Football Tournament 2025”, rikomeje kuryohera abatari bake basanzwe bakunda ruhago urw’akadosohoka.
Iri rushanwa ryatangiye ku wa 14 Kamena 2025, ubu rigeze muri ¼ cy’irangiza aho ndetse ikipe ya Golden Generation yamaze kugera muri ½ nyuma yo gutsinda Buja City ibitego 3-1.
Ibi bitego byatsinzwe Hakizimana Ismael, Harerimana Aboudallaziz “Rivaldo” na Iradukunda Djarudi, byatumye iyi kipe yiganjemo abakiri bato ikatisha itike yo kuzakina muri ½ cy’irushanwa “Esperance Football Tournament 2025.”
Uretse kuba irushanwa rigeze aho rukomeye, abatari bake bakunda umupira w’amaguru mu Rwanda, bakomeje kuryoherwa n’imikino. Ikirenze kuri ibi kandi, abayobozi b’amakipe atandukanye ntibasiba kuza kwihera ijisho hatavuyemo n’abatoza basanzwe mu cyiciro cya mbere n’icya Kabiri muri shampiyona y’u Rwanda.
Kuri Tapis Rouge i Nyamirambo ahari kubera iyi mikino, hamaze guhinduka uruganiriro rw’abanyamupira aho mu batahasiba, haba hanarimo n’abasanzwe akora umwuga wo kuranga abakinnyi [football agents] n’abandi.
Imikino ya ¼, izakomeza ejo Saa cyenda z’amanywa aho Start Morning izakina na Native Sport. Golden Generation yamaze kugera muri ½, izahura n’izasezerera indi hagati ya Stella FC na Young Boys.













UMUSEKE.RW