Kamonyi: Inganda zahaye akazi abarenga 2000

Yanditswe na Elisée MUHIZI
Visi Meya wungurije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Kamonyi Niyongira Uzziel avuga ko inganda zahaye akazi abantu barenga 2000.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buvuga ko inganda zihakorera zahaye akazi abarenga 2000.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buvuga ko  mu Nganda 45 zikorera muri aka Karere zahaye akazi abakozi  bahoraho  876 mu gihe ba nyakabyizi bakora igihe gitoya ari abakozi 1236 bose hamwe bakaba bageze ku bakozi 2112.

Ubuyobozi bw’Akarere bukavuga ko bwari bwihaye intego ko mu mwaka umwe buzaha akazi abantu  6400.

Umuyobozi wungurije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Kamonyi Niyongira Uzziel ati”Inganda dufite zikora neza ni 45 kandi zahaye akazi abakozi bahoraho 876.”

Abayisenga Diane ukora mu ruganda rutunganya ifu y’ibigori(Kawunga) mu Murenge wa Mugina avuga ko akazi yahawe n’uruganda kamufashishe kunganira ababyeyi be kububakira inzu yo kubamo kubera ko batari bafite icumbi ryabo bwite.

Ati”Nabanje gukora mu ruganda rutunganya Umuceri nyuma banyimurira muri uru ruganda rutunganya kawunga umushahara mpembwa uramfasha  ugafasha n’ababyeyi banjye.”

Sebakunzi  Aloysi avuga ko amafaranga ahembwa ariyo atuma yishyurira abana be minerval na mutuweli Ibafasha kwivuza.

AtiUbu natangiye gukora imishinga y’ubworozi kugira ngo igihe akazi gahagaze nzatungwe n’ibyo niteganyirije.”

Uyu mukozi avuga ko hari ibiciro byihariye byagenewe abakora mu ruganda rutunganya Kawunga n’Umuceri akavuga ko ibi bibafasha kuko bituma umushahara wabo ukemura ibibazo byinshi.

Umuyobozi w”Uruganda rutunganya Kawunga ruherereye ku Mukunguri Nteziryayo Evariste yabwiye UMUSEKE ko  kuva uruganda rwatangira  bamaze guha akazi abakozi 163 harimo abakora mu buryo buhoraho n’abanyakabyizi.

Ati”Turateganya kongera abandi bakozi uruganda rutunganya ibiryo by’amatungo turimo kubaka rutangiye gukora.”

Imibare itangwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi igaragaza ko muri  NS2  imirimo mishya izahangwa  ari 35.720.

ruganda rutunganya ifu ya Kawunga mu Murenge wa Mugina.
Sebakunzi Aloys avuga ko gukora mu ruganda bimufasha kwishyurira abana minerval

Umuyobozi w’Uruganda rutunganya ifu ya Kawunga Nteziryayo Evariste avuga ko bateganya kongera umubare w’abo bazaha akazi

MUHIZI ELISÉE

UMUSEKE.RW/Kamonyi

Yisangize abandi