PSF yasabye  Abanyamahoteli gushyira udukingirizo muri serivisi batanga

Yanditswe na Elisée MUHIZI
Gusa muri iri genzura Koperative y’indangamirwa yasanganywe udukingirizo twinshi abayikoramo baha abakiliya

Rubavu:Urugaga rw’Abikorera ku rwego rw’Igihugu rwasabye  abanyamahoteli, n’abakora muri za Resitora, amacumbi n’ahahurira abantu benshi guhyira udukingirizo muri serivisi batanga.

Ibi Urugaga rw’Abikorera rwabivuze nyuma yo kubona ko  abakora mu Mahoteli n’abandi hatandukanye hakirirwa abantu benshi  biraye mu guha udukingirizo abadukeneye mu buryo bworoshye.

Umukozi Ushinzwe ubukangurambaga no gushishikariza abikorera kwirinda indwara zandura n’izitandura, Bashagire Jolie, avuga ko impamvu batekereje gukora igenzura mu Karere ka Rubavu bafatanyije n’abanyamakuru, ari uko aka Karere ari ak’ubukerarugendo  hakiyongeraho ko gahana umupaka n’Igihugu cya Congo ko umubare w’abakunze kukazamo ari munini bityo ko hagomba ubwirinzi bukaze bwo gukangurira abantu bakora imibinano mpuzabitsina gukoresha agakingirizo.

Ati”Turasaba abanyamahoteli , abafite amacumbi yakira abantu benshi ko bategura udukingirizo nkuko bategura amashuka, n’ibindi abakiliya bakenera kubera ko Virusi itera SIDA ntaho yagiye.”

Bashagire avuga ko hari bamwe bamaze kwirara bumva ko nta ngaruka yo kuba badakoresha agakingirizo ihari.

Ati”Twasanze hari abamaze kwirara turabubutsa ko Ubuzima buhenze bashyire udukingirizo hafi mu kabati ku buryo abagakenera bakabone bitabagoye. “

Gahire Divine  ushinzwe guha Serivisi abakiliya muri Hoteli avuga ko  hari ahantu bashyira udukingirizo ku buryo umukiliya wifuza kudukoresha abatuma bakatumushyira.

Ati”Twakira abantu b’ingeri zitandukanye harimo n’ababyeyi bafite abana, ntabwo twashyira udukingirizo mu byumba kuko abo twakira bose badakenera kubwifashisha”

Mpayimana Cyprien ukora mu icumbi ryakira abagenzi, avuga ko bategereza ko hari  usaba agakingirizo bakajya kukagura mu nzu bacururizamo imiti(Pharmacie).

Ati”Ugekeneye aduhamagara mbere yuko ahagera tukagashyira mu cyumba araramo.”

Mpayimana avuga ko umubare w’Urubyiruko ariwo ukunze kubasaba udukingirizo kuruta uw’abantu bakuze.

Amahoteli,Resitora, amacumbi no mu nzu z’utubyiniro  hakorewe Ubugenzuzi nta hantu hagenewe gushyirwa udukingirizo.

Urugaga rw’Abikorera ruvuga ko  bagiye gukora igenzura ryimbitse ku mipaka n’abandi hantu henshi hahurira abagenzi ko hashyirwa udukingirizo.

PSF ikavuga ko no mu imurikabikorwa irimo gutegura  rizaba mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga bazasaba RBC kuhazana udukingirizo kugira ngo abazaryitabira batuhasange.

Gahire Divine ukora muri imwe mu Mahoteli yo mu Karere ka Rubavu, avuga ko nta gakingirizo bashyira mu cyumba
Mpayimana Cyprien avuga ko Umukiliya ushaka agakingirizo abahamagara mbere ko aza kugakenera.
Umukozi wa PSF Bashagire Jolie asaba abanyamahoteli ko Udukingirizo dushyirwa muri serivisi batanga.
Umwe mu Rubyiruko avuga ko yashyize Kiosque ku mupaka wa Petite Barrière acururizamo Udukingirizo

MUHIZI ELISÉE

UMUSEKE.RW/Rubavu

Yisangize abandi