Ruhango: Abize mu Ishuri rya Karambi bagabiye inka barumuna babo

Yanditswe na Elisée MUHIZI
Abize mu Ishuri ryisumbuye rya Collège Karambi bagabiye bagenzi babo bakihiga Inka 2

Itsinda ry’abanyeshuri bize  mu Ishuri ry’Isumbuye rya Karambi, mu karere ka  Ruhango, bagabiye Inka ebyiri abahiga.

Umuyobozi w’abanyeshuri barangirije  amashuri yisumbuye muri iki Kigo cya Karambi giherereye mu Murenge wa Kabagari, Bayiringire Théogene, avuga ko bafashe umwanzuro wo gushinga urubuga rubahuza, kugira ngo bazajye bibuka ibihe byiza bagiranye ariko banatekereze kuri bagenzi babo bahiga.

Ati”Twasanze  ibyacu bitagomba kirangirira aho twigira Inama yo gukomeza kuzirikana ishuri twizemo ,turiha Inka ebyiri.”

Bayiringire avuga ko iri Shuri ryizemo abantu benshi kandi ko atari bwo bwa mbere bakoze ibikorwa by’urukundo nk’ibi.

Ati”Usibye Inka ebyeri  twahaye ishuri, twazanye n’amata kugira ngo tuyahe abanyeshuri n’abayobozi bahakora.”

Umuyobozi w’Ishuri ryisumbuye rya  Collège Karambi Nsanzamahoro Wenceslas, avuga ko  buri mwaka abize kuri iki Kigo babasura binyuze muri za Clubs zitandukanye bahafite.

Ati”Buri mwaka duha umwanya abize hano bagakumbuza ubuzima bwo hanze abanyeshuri ndetse n’Ubumenyi bahakuye bwatumye bamwe bahanga imirimo.”

Nsanzamahoro avuga ko mu baje kubagabira harimo bamwe bihangiye imirimo bafite amikoro ahambaye kandi ko ari igikorwa kizakomeza.

Ubuyobozi bw’Ishuri rya Collège Karambi buvuga ko iyo abaharangirije bagarutse gushima, bitera imbaraga abakiri ku ntebe y’ishuri ndetse bikabasubizamo intege zo kwiga neza kugira ngo bagere mu rwego rwa bakuru babo  bahize mu myaka yashize.

Amajerekani yuzuyemo amata bayasangiye n’abanyeshuri
Usibye kubaha Inka 2, abahize bahaye abanyeshuri litiro zirenga 400 z’Amata.
Umuyobozi w’Ishuri rya Collège Karambi Nsanzamahoro Wenceslas avuga ko iyo abanyeshuri basuwe n’abaharangirije bisubizamo intege abahiga
Umuyobozi w’abarangije muri Collège Karambi Bayiringire Thèogene avuga ko n’Umwaka ushize hari Inka bahaye Iki Kigo

MUHIZI ELISÉE

UMUSEKE.RW/Ruhango

Yisangize abandi