Kwibohora 31: I Kamonyi barishimira  Umusaruro w’amabuye y’agaciro 

Yanditswe na Elisée MUHIZI
I Kamonyi Hamuritswe Umusaruro w’amabuye y’agaciro

Ubwo hizihizwaga ku nshuro ya 31  u Rwanda rumaze rwibohoye, abatuye mu Murenge wa Rukoma, bamuritse Umusaruro w’amabuye y’agaciro bacuruza.

Kumurika Umusaruro w’amabuye y’agaciro abatuye mu Murenge wa Rukoma bamaze igihe bakora, byabanjirijwe no gutaha Ibikorwaremezo birimo inyubako Abanyeshuri  ba Bahungu bararamo, Umuyoboro w’amazi, n’Inyubako z’Utugari z’Akarere kasannye.

Nshimiyimana Dieudonné umwe mu bakora muri Kampani y’Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Rukoma avuga ko  batewe ishema no kuba muri iyi myaka 31 u Rwanda rumaze rwibohoye, Umwuga w’ubucukuzi utunze umubare munini w’abatuye muri aka gace kuko hari abayacukura  hakaba n’abayacuruza.

Ati”Aka kazi gatunze abantu benshi muri uyu Murenge wa Rukoma kuko bari hagati ya 70% na 75%”

Nshimiyimana avuga ko mubo umusaruro w’amabuye y’agaciro utunze harimo abari mu makoperative n’abari muri za Kampani zirenga umunani  zose hamwe.

Avuga ko  bamurikiye Abanyarwanda n’inzego zitandukanye z’ubuyobozi amabuye y’agaciro kugira ngo babagaragarize ko uyu mutungo kamere mu Rwanda no mu Karere ka Kamonyi uhari.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvère yabwiye UMUSEKE ko kwibohora nyakuri ari uguharanira kwigira, akavuga ko hari ibikorwaremezo bisaba Ingengo y’Imari yisumbuye abatuye muri aka Karere batangiye gukora badategereje Inkunga ya Leta cyangwa iy’abagiraneza.

Ati”Abatuye mu Kagari ka Ruyenzi  mu Murenge wa Runda bujuje Umuhanda wa Kaburimbo biyubakiye bise Ubumwe Road ”

Dr Nahayo avuga ko ubushobozi abaturage bafite bagomba kubukoresha mu kubaka ibiri mu bushobozi bwabo.

Yongeyeho ati”Ubu abatuye mu Rugazi na Nyagacaca muri uyu Murenge wa Runda  barimo kubagira Inama yo kongera indi mihanda ya Kaburimbo muri ‘ Quartier.’

Mu Mirenge 12 igize Akarere ka Kamonyi, Imirenge  ine muri  yo  icukurwamo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Gasegereti, Coltan, na Wolfram.

Abaturage banamuritse Umusaruro w’Ubuhinzi
Bimwe mu byumba by’amashuri byatashywe uyu munsi mu Murenge wa Rugarika
Inyubako abanyeshuri bararamo mu Ishuri ryigenga APPEC yatashywe
Nshimiyimana Dieudonné umwe mu bakora muri Kampani y’Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro avuga ko uyu mwuga utunze benshi.

Abayacukura n’abayacuruza muri uyu Murenge bari hagati ya 70%
Meya w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvère avuga ko Kwibohora Nyakuri ari ukwigira.
Biro imwe y’Akagari muri 5 Ubuyobozi bwasanye

MUHIZI ELISÉE

UMUSEKE.RW/Kamonyi.

 

Yisangize abandi
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *