Nta zahabu icuya! Golden Generation yegukanye “Esperance Football Tournament”

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Nyuma yo gutsinda Brésil y’abakomoka mu Akarere ka Rubavu ibitego 4-2, ikipe ya Golden Generation yongeye kwegukana igikombe cya “Esperance Football Tournament 2025” nyuma yo kwegukana irushanwa “Agaciro Pre-season Tournament” ubwo ryatangizwaga bwa mbere.

Kuri iki Cyumweru, ni bwo hasojwe irushanwa “Esperance Football Tournament 2025” ryari rimaze iminsi 30 rikinirwa kuri Tapis Rouge i Nyamirambo. Ni irushanwa ryari ryitabiriwe n’amakipe 19, agabanywa mu matsinda ane aho buri atatu yarimo amakipe atanu atanu irindi tsinda rikabamo ane.

Amakipe yagiye ahura mu matsinda buri imwe igakina n’indi maze harebwa amakipe abiri ya mbere muri buri tsinda ahita yerekeza muri ¼ agenda ahura kugeza habonetse ebyiri zigera ku mukino wa nyuma wabaye Saa cyenda n’igice z’amanywa kuri Tapis Rouge.

Ikipe yiganjemo abakiri bato ndetse imaranye igihe ya Golden Generation, yegukanye iki gikombe idatsinzwe nyuma yo gutsinda Brésil y’abavuka i Rubavu ibitego 4-2. Ni umukino aba basore bavuka mu gice cy’ahazwi nko mu Biryogo, bigaragaje cyane kuva utangiye kugeza ku munota wa 90.

Abanyamupira batandukanye, bari baje kwihera ijisho. Aba barimo abatoza batandukanye, abayobozi bo mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, abanyamakuru b’imikino n’abafana b’amakipe atandukanye akina shampiyona y’u Rwanda.

Umwimerere w’iri rushanwa ryateguwe na Ishimwe Claude “Cucuri” usanzwe ari umusifuzi mpuzamahanga, ni uko hanongewemo amakipe ane y’abagore, na yo yahuye guhera muri ½ maze irushanwa rya yo rikarangira ari Nyampinga WFC yegukanye igikombe itsinze Imbuto WFC ibitego 2-0.

Nyuma y’umukino wa nyuma, hahembwe abitwaye neza. Mu cyiciro cy’abahungu, uwatsinze ibitego byinshi, yabaye Habimana Yves [6] wakiniye Stella FC, umunyezamu w’irushanwa aba Bogard wa Golden Generation, umukinnyi mwiza w’irushanwa aba Harerimana Abdullaziz “Rivaldo” wa Golden Generation.

Mu cyiciro cy’abakobwa, umukinnyi mwiza w’irushanwa yabaye Gikundiro Scolastique usanzwe ukinira Rayon Sports WFC ariko muri iri rushanwa yakiniye Nyampinga WFC, umunyezamu w’irushanwa aba Umutoni Laissa wa Forever WFC ariko nawe yakiniye Nyampinga WFC mu gihe umukinnyi muto w’irushanwa nawe yavuye muri iyi kipe, Ihirwe Regine usanzwe akinira APR WFC. Umukinnyi mwiza w’umukino, yabaye Umutesiwase Magnifique bakinana.

Ikipe yabaye iya mbere mu Bagabo, yahembwe igikombe inahabwa 1000,000 Frw mu gihe iya Kabiri yahawe ibihumbi 500 Frw, iya gatatu ihembwa ibihumbi 300 Frw. Mu Bagore, iya mbere yahembwe igikombe n’ibihumbi 100 Frw, iya kabiri ihabwa ibihumbi 50 Frw.

Bamwe mu bafatanyabikorwa babashije kuba hafi cyane y’iri rushanwa kuva ritangiye kugeza risojwe, harimo uruganda rwa SKOL Ltd, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima [RBC] n’abandi.

Golden Generation yegukanye igikombe cy’irushanwa “Esperance Football Tournament 2025”
Uburyohe bw’igikombe
Ni abasore bacyegukanye badatsinzwe umukino n’umwe
Buri umwe yasohoye amarangamutima ye
Mu bakobwa, cyegukanywe na Nyampinga WFC
Nibagwire Sifa Gloria ni we wagishyikirijwe
Abakunzi ba ruhago bo baje kwihera ijisho
Byagorana kuvuga ko uri umunyamupira utari uri kuri Tapis Rouge
Abantu bishimye peee!
Guhisha amarangamutima byari bigoye
Burudani kwa wote!!
Abanyarwanda berekanye urukundo bakunda ruhago itarimo bya bindi…
Hari n’abavuye i Burayi baza kureba uyu mukino
Salim Saleh [4] yagoye cyane abakomoka i Rubavu
Ku munota wa mbere w’umukino yari amaze kubona izamu
Yahise ashimira Imana
Gusa nyuma y’ibyo byose, Haruna aba yatanze byose bye
Djarudi [30] nawe yagize umukino mwiza
Fundi ntako atagize ariko ntiwari umunsi mwiza kuri bo
Abasifuzi bo bafite amanota yose
Ubwo bishimiraga intsinzi
Bogard yaherekejwe na mama we
Umutoza we, Higiro Thomas, ni we wamushyikirije igihembo
Ubwo mugenzi we yamwerekaga urukundo
Ni we wabaye umunyezamu mwiza w’irushanwa
Brésil yiganjemo abakomoka mu Akarere ka Rubavu
Golden Generation yo ni urubyiruko rufite inyota yo gukina
Rivaldo yabaye umukinnyi mwiza w’irushanwa
Sadate ni we wamuhembye
Habimana Yves ni we watsinze ibitego byinshi [6]
Ubwo hatangwaga ibihembo by’ikipe yabaye iya kabiri mu cyiciro cy’abagore
Gikundiro yabaye umukinnyi w’irushanwa mu bagore
Laissa yabaye umunyezamu w’irushnwa mu bagore
Umutesiwase Magnifique yabaye umukinnyi witwaye neza mu mukino mu cyiciro cy’abagore
Umutoza w’ikipe y’Igihugu y’Abagore [She-Amavubi], Casa Mbungo, yari ahari
Sam Karenzi yari yaje kwihera ijisho
Hanahembwe umukinnyi muto w’irushanwa mu bagabo
Abari bashinzwe gufasha abantu kujya mu byicaro bya bo
Umuyobozi Mukuru wa Karame Rwanda Ltd, Munyakazi Sadate, ari mu bafatanyabikorwa bashimiwe
Sadate ni umwe mu baba hafi y’ibikorwa byose bya ruhago mu Rwanda
Abanyamakuru ntibigeze babura aha
Ihirwe Regine yabaye umukinnyi muto witwaye neza mu cyiciro cy’abagore. Asanzwe akinira APR WFC
Capt [rtd], Uwayezu Jean Fidèle wayoboye Rayon Sports, yarebye umukino wa nyuma
Cyiza Yassin utoza Golden Generation, yegukanye igikombe adatsinzwe umukino n’umwe

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *