Nkombo FC yamuritse imyambaro izifashisha 2025/2026 – AMAFOTO

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Mbere yo gukina umukino w’umunsi wa Gatatu wa shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri, ikipe ya Nkombo FC ikinira ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi, yamuritse imyambaro izajya ikinana mu rugo no hanze y’ikibuga cya yo.

Ni imyambaro yamuritswe ku wa Gatandatu, tariki ya 25 Ukwakira 2025. Uyu muhango wabereye ku kibuga cyo ku Ruyenzi iyi kipe isanzwe yakiriraho imikino ya yo ya shampiyona n’andi marushanwa ategurwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira wAmaguru mu Rwanda, Ferwafa.

Umwambaro wo mu rugo iyi kipe yerekanye izajya yambara, wiganjemo ibara ry’icyatsi cyerurutse mu gihe iyo izajya yambara yasuye, wiganjemo ibara ry’umweru.

Uyu muhango wahuriranye n’uko Nkombo FC yatsinze Nyanza FC ibitego 4-1 mu mukino w’umunsi wa Gatatu wa shampiyona.

Ati nanjye ndi “Nkombo FC”
Ni ikipe yishakiye abafana
Imyambaro yo mu rugo
Ni uku bayimuritse
Umunyamabanga Mukuru wa Nkombo FC [uri iburyo], Lydia, ari mu bamuritse iyi myambaro
Lydia mu mwambaro w’ikipe abereye Umunyamabanga Mukuru
Umwambaro wo mu rugo
Imyambaro yo hanze
SG Lydia mu bamuritse iyi myambaro
Ni imyambaro yiganjemo ibara ry’umweru
Ku kibuga cyo ku Ruyenzi ni ho habereye uyu muhango
Ku Ruyenzi ni ho habereye uyu muhango
Nkombo FC imaze kubona abafana
Imaze kwigarurira imitima ya benshi ku Ruyenzi
Amanota y’umunsi wa Gatatu wa shampiyona, yasigaye mu rugo

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *