Perezida wa FERWAFA yibukije Amavubi kongera guha ibyishimo Abanyarwanda

Yanditswe na HABIMANA Sadi
Shema Fabrice Perezida wa FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice uyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, yasuye abakinnyi b’ikipe y’Igihugu, Amavubi, abasaba kuzakinana umutima wuzuye ishema no gukunda Igihugu, ndetse abibutsa ko bakwiye kongera guha ibyishimo Abanyarwanda ubwo bazaba bakina na Bénin mu mukino wo kwishyura mu guhatanira itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi 2025.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 8 Ukwakira 2025, Perezida wa Ferwafa, Shema Ngoga Fabrice, yasuye abakinnyi b’Amavubi bitegura umukino wo kwishyura wa Bénin mu guhatanira itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi 2026.

Ubwo uyu muyobozi yasuraga aba bakinnyi b’Amavubi mu mwiherero, yasabye kuzimana u Rwanda imbere ya Bénin, abibutsa ko Igihugu kibashyigikiye. Yabasabye kuzakinana umutima wuzuye ishema no gukunda Igihugu ndetse abasaba kuzakina nta gitutu.

Uyu Muyobozi kandi, yabasabye kuzongera guha ibyishimo Abanyarwanda nk’uko baheruka kubikora ubwo bagarikiraga Zimbabwe muri Afurika y’Epfo ubwo bayitsindaga igitego 1-0 cyatsinzwe na Mugisha Gilbert.

Ubwo aya makipe yombi aheruka gukinira kuri Stade Amahoro mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2025, Amavubi yatsinze Bénin ibitego 2-1 byatsinzwe na Nshuti Innocent na Bizimana Djihad.

Umukino w’u Rwanda Bénin, uteganyijwe gukinwa ku wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira 2025 Saa Kumi n’Ebyiri z’Umugoroba kuri Stade Amahoro. Itsinda C Amavubi arimo, riyobowe na Bénin ifite amanota 14 inganya na Afurika y’Epfo mu gihe u Rwanda na Nigeria  bifite amanota 11.

Shema Fabrice uyobora Ferwafa, yasuye abakinnyi b’Amavubi abasaba kuzongera guha ibyishimo Abanyarwanda imbere ya Bénin
Abarimo Mugisha Gilbert na Kavita, ubwo bari bateze amatwi ubutumwa bw’umuyobozi
Kapiteni w’Amavubi, Bizimana Djihad
Rutahizamu, Gitego Arthur
Bitonze batega amatwi ubutumwa bw’Umuyobozi
Imyitozo yo irakomeje
Yirengagije ko nta minsi ine aramara akoze ubukwe, Mugish Gilbert yahise aza mu nshingano z’Igihugu
Kwizera Jojea mu ngamba

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi