Umunya-Maroc ukinira Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, Achraf Hakimi, ni we wahembwe nk’umukinnyi mwiza w’umunya-Afurika mu bihembo bitangwa n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF.
Ku wa Gatatu, tariki ya 19 Ugushyingo 2025, ni bwo hatanzwe ibihembo ku bakinnyi, abatoza n’amakipe, bitwaye neza ku Mugabane wa Afurika muri uyu mwaka uri kurangira. Ni umuhango wabereye i Rabat muri Maroc.
Nyuma y’umwaka mwiza w’imikino 2024-25 yagize, Hakimi ni we wahize abandi banya-Afurika bitwaye neza, ahita ahembwa umupira wa Zahabu ku Mugabane wa Afurika. Uyu munya-Maroc, yafashije PSG kwegukana Igikombe cya UEFA Champions League, igikombe cya shampiyona, igikombe cy’Igihugu mu Bufaransa ndetse ayifasha kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cy’amakipe [Coupe du Monde des Clubs].
Achraf kandi, yabaye myugariro wa mbere wegukanye iki gihembo nyuma ya Bwanga Tshimen ukomoka muri RDC wacyegukanye mu 1973 na Mustapha Hadji ukomoka muri Maroc wacyegukanye mu 1998.
Hakimi, yahigitse abarimo Mohamed Salah, Frank Anguissa, Denis Bouanga, Victor Osimhen, Oussama Lamlioui, Pape Matar Sarr, Iliman Ndiaye na Serghou Guirassy.
Umunya-Nigeria, Ademola Lookman ni we wari wegukanye iki gihembo mu mwaka ushize, mu 2023 cyari cyegukanywe na Victor Osimhen mu gihe mu 2022 cyari cyegukanye na Sadio Mané.
Mu cyiciro cy’Abagore, umunya-Maroc, Ghizlane Chebbak watsinze ibitego byinshi mu Gikombe cya Afurika cy’Abagore giheruka kubera muri Maroc, ni we wabaye umukinnyi mwiza nyuma yo guhigika abarimo Asisat Oshoala. Chebbak yabaye umunya-Maroc wa mbere wegukanye iki gihembo.
Umunyezamu mwiza w’umugore, yabaye Chiamaka Nnadozie w’ikipe y’Igihugu ya Nigeria. Ni ku nshuro ya Gatatu yikurikiranya, uyu munya-Nigeria yegukana iki gihembo.
Uko ibindi bihembo byatanzwe:
Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Cap-Vert, Bubista, ni we wahize abandi batoza mu Cyiciro cy’abatoza nyuma yo guhesha iki gihugu itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi 2026 n’Igikombe cya Afurika 2024 kizabera muri Maroc mu Ukuboza 2025.
Rutahizamu w’umunye-Congo ukinira Pyramids FC yo mu Misiri, Fiston Mayele, ni we wahize abandi mu banya-Afurika bakinnye amarushanwa ya CAF y’amakipe [Interclubs, CAF Champions League na CAF Confederation Cup].
Mu gice cy’ingimbi, Othmane Maamma ukomoka muri Maroc unakinira Watford, ni we wahembwe nk’uwitwaye neza kurusha abandi. Ni nyuma yo gufasha ikipe ye y’Igihugu ya Maroc y’abatarengeje imyaka 20 kwegukana Igikombe cy’Isi cy’abato. Mugenzi we w’umwangavu bakomoka mu gihugu kimwe, Doha El-Madani, we yahize abandi mu bakobwa batarengeje imyaka 20.
Ni nyuma yo guhesha igikombe cya shampiyona ikipe ya AS FAR y’abagore mu gihugu cya Maroc.
Ikipe y’Igihugu ya Maroc y’abatarengeje imyaka 20, ni yo yahize izindi kipe z’Igihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cy’Isi cy’ingimbi zitarengeje iyo myaka. Mu cyiciro cy’Abagore, ikipe y’Igihugu y’Abagore ya Nigeria [Super Falcons] ni yo yahize izindi. Ni nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika cy’Abagore giheruka kubera muri Maroc 2025.
Ikipe ya Pyramids FC yo mu Misiri, ni yo yegukanye igihembo nk’iyitwaye neza mu marushanwa y’amakipe ya CAF [Total Energies CAF, Ligue des Champions] nyuma yo kugira umwaka mwiza watumye iyi kipe yegukana igikombe cya CAF Champions League ikinwa n’amakipe yabaye aya Mbere muri Afurika.
Igitego cyiza cyo mu marushanwa y’amakipe [Clubs] ya CAF, cyabaye icy’umunya-Tanzania, Clement Mzize ukinira Yanga Africans. Ni igitego yatsinze ubwo ikipe ye yatsindaga TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC.
Umunyezamu mwiza w’umunya-Afurika, yabaye umunya-Maroc, Yassine Bounou ukinira Al-Hilal y’iwabo.
Hahembwe kandi abasifuzi bitwaye neza ku Mugabane wa Afurika. Umusifuzi wahize abandi, yabaye umunya-Somalie, Omar Abdukadir, umwungiriza mwiza yabaye Liban Abdoulrazack wo muri Djibouti.
Mu cyiciro cy’Abagore, Shamirah Nabadda wo muri Uganda ni we wahize abandi mu gihe Tabara Mbodji wo muri Sénégal ari we wabaye umwungiriza mwiza muri iki cyiciro.






UMUSEKE.RW
