AFC/M23 yageze i Kasika, muri Km 25 hafi ya Mwenga

Yanditswe na Ange Eric Hatangimana
Inyeshyamba za AFC/M23 (Photo Internet)

Imirwano irakomeje muri Kivu y’Amajyepfo, inyeshyamba z’ihuriro AFC/M23 ziravugwa mu duce twa Mukasa na Kasika, mu ntera ntoya hafi y’umujyi wa Mwenga.

Amakuru aravuga ko AFC/M23 igenzura ahari Paruwasi Gatolika ya Mukasa, ndetse n’Ikigo kitwa Miki, n’ahari inzu y’Umwami witwa Nyumba MUBEZA muri Kasika.

Ingabo z’Abarundi ngo zirimo kurwana zonyine nyuma y’aho ingabo za leta ya Congo, FARDC na Wazalendo bahunze imirwano nyuma yo gusahura inzu z’ubucuruzi.

Ku wa Mbere no ku wa Kabiri inyeshyamba za AFC/M23 zavugwaga mu duce twa Kilungutwe, Kalama na Mutongo.

Kuri ubu inyeshyamba za AFC/M23 ziri muri Km 25 ujya i Mwenga-Centre, ndetse ni muri Km 70 ugana i Kamituga.

Abaturage bagaragaye mu mashusho bashinja ingabo za Leta ya Congo, FARDC gusahura Kasika mu mugoroba wo ku wa Kabiri, aho ngo nta nzu n’imwe y’ubucuruzi basize batayisahuye, ndetse n’ahacururizwa imiti barahasahuye.

Muri Kivu ya Ruguru, inyeshyamba za AFC/M23 na ho zahanganye na Wazalendo n’ingabo za Leta mu gace ka Mpombi, muri Gurupema ya Kisimba, ahitwa Banakindi, muri teritwari ya Walikale.

Urubuga Actualite.cd ruvuga ko inyeshyamba za AFC/M23 zateye zivuye ahitwa i Mpety, ariko Wazalendo na FARDC bazibuza gukomeza aho zashakaga gufata Pinga.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi
Igitekerezo 1

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *