Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yagaragaje ko ingo zisaga 39 000 zakuwe mu bukene, naho izisaga 79 000 zikaba zigiye guherekezwa.
Yabigarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize.
Guverineri Kayitesi avuga ko kuva mu 2023 kugeza mu 2025, ingo zisaga 39 000 zakuwe mu bukene kubera gahunda Leta yashyizeho zigamije kuzahura imiryango ikennye.
Kayitesi akavuga ko mu mwaka wa 2025-2027 bateganya guherekeza Ingo zirenga 79000 kugira ngo zifashwe kwivana mu bukene.
Ati: “Muri uyu mwaka kandi hazubakirwa imiryango itishoboye 539, hasanirwe imiryango 3,609 itishoboye”.
Yavuze ko hazubakwa ubwiherero burenga 2000, hasanwe uburenga 18,000 ndetse banubakire ibiraro imiryango 3,212 ikibana n’amatungo.
Avuga ko barimo gushishikariza abaturage kwikemurira ibibazo bibangamiye imibereho myiza yabo.
Ati: “Twifuza ko bakomeza kwishakamo ibisubizo, Ubuyobozi bukaza bubunganira”.
Guverineri Kayitesi avuga ko bubakiye imiryango 144 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batishoboye Umwaka ushize wa 2024, bakaba bateganya kubakira Imiryango irenga 100 muri uyu mwaka w’Ingengo y’Imali utaha.
Muri iyi Ntara y’Amajyepfo kandi hubatswe hanavugururwa Ibitaro, inzu z’ababyeyi, Ibigo Nderabuzima n’amavuliro 51.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo buvuga ko muri uyu mwaka utaha w’Ingengo y’Imari hari miliyari na miliyoni zirenga 100 izatangwa n’abafatanyabikorwa mu gukomeza gufasha abaturage kwivana mu bukene.


MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Amajyepfo.
