CAF yafatiye ibihano Girumugisha wa Al-Hilal SC

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane wa Afurika, CAF, yafatiye ibihano umukinnyi wa Al-Hilal SC, Girumugisha Jean Claude kubera imvururu yatangije ziherutse kubera kuri Stade Amahoro nyuma y’umukino ikipe ye yatsinzemo ibitego 2-1 MC Alger yo muri Algérie mu mukino wa CAF Champions League.

Ku wa 21 Ugushyingo 2025, muri Stade Amahoro habereye imvururu zabaye nyuma y’umukino wa CAF Champions League ikinwa n’amakipe yabaye aya Mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika.

Ni umukino warangiye ikipe ya Al-Hilal SC yo muri Sudani, itsinze MC Alger yo muri Algérie ibitego 2-1 byatsinzwe na Abdelrazig Taha Yagoub Omer na Gussouma Fofana mu gihe Abanya-Algérie batsindiwe na Oussama Benhaoua.

Ubwo uyu mukino wari urangiye, Girumugisha Jean Claude wagoye abakinnyi ba MC Alger, yagiye imbere y’intebe y’abasimbura b’iyi kipe, maze arabamwaza, abandi na bo basimbukira hejuru bamwirukankana ngo bamukubite.

Kuva ubwo imvururu zahise zitangira kugeza ubwo Abashinzwe Umutekano baje guhosha ariko biranga biba iby’ubusa, abari mu itsinda rya buri kipe muri aya yari yakinnye, bakomeza guteza imvururu aho buri ruhande rwirwanagaho.

Nyuma y’amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga hirya no hino ku Isi, CAF yakoze ubusesenguzi isanga Girumugisha ari we nyirabayaza w’izi mvururu nyuma yo kujya kwiyenza ku bakinnyi ba MC Alger.

Uyu mukinnyi yahagaritswe imikino itatu ya CAF Champions League irimo uwa St. Éloi Lupopo ugomba kubera muri RDC n’indi ibiri ya Memolidi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo. Uretse ibi kandi, yaciwe ibihumbi bitanu by’amadolari ya Amerika [asaga 7,000,000 Frw], mu gihe ikipe ye yaciwe ibihumbi 15$.

Jean Claude wafatiwe ibi bihano, ni umukinnyi ukomoka mu Burundi uri mu nkingi za mwamba z’iyi kipe yo muri Sudani.

Girumugisha Jean Claude yaciwe ibihumbi 5$ na CAF anahagarikwa imikino itatu ya CAF Champions League

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi