CAF yemeje abasifuzi 28 bazasifura Igikombe cya Afurika

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Umusifuzi Mpuzamahanga w’Umunyarwanda, Uwikunda Samuel, yemejwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane wa Afurika, CAF, nk’umwe mu bazasifura imikino y’Igikombe cya Afurika 2024 kizabera muri Maroc guhera tariki ya 21 Ukuboza 2025 kugeza ku ya 18 Mutarama 2026.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 27 Ugushyingo 2025, ni bwo Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane wa Afurika, CAF, yemeje urutonde rw’abasifuzi mpuzamahanga 28 bo hagati baturuka mu Bihugu 23 nk’abazayobora imikino y’Igikombe cya Afurika izabera mu gihugu cya Maroc guhera tariki ya 21 Ukuboza 2025 kugeza ku ya 18 Mutarama 2026.

Muri aba, harimo Umunyarwanda, Uwikunda Samuel unasanzwe ari mu basifuzi CAF ihemba buri kwezi [Elite referees].

Uyu musifuzi ndetse n’abandi bagera ku 100 barimo abo hagati, abo ku ruhande, abakoresha ikoranabuhanga rya VAR ndetse n’abandi babashinzwe, bari muri Maroc aho bari bitabiriye amahugurwa yabaye tariki ya 8-13 Ugushyingo 2025 i Cairo mu Misiri.

Uwikunda wari uhagarariye u Rwanda ari mu bahawe ayo mahirwe, atoranywa muri abo, biba ubwa kabiri azaba asifuye iri rushanwa aherukamo mu ntangiriro za 2024, ubwo ryari ryabereye muri Côte d’Ivoire.

Uyu musifuzi w’imyaka 37 uri mu beza ubu u Rwanda rufite, yakiniye Ikipe y’abato y’Amagaju FC. Nyuma y’aho yakoze amahugurwa y’abasifuzi mu 2007 yari yateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), nyuma y’umwaka umwe gusa ahita atangira gusifura.

Mu 2014 ni bwo yazamuwe gusifura mu Cyiciro cya Mbere cy’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, mu 2017 yemezwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) nk’umusifuzi mpuzamahanga.

Uwikunda usanzwe asifura imikino Nyafurika irimo CAF Champions League na CAF Confederation Cup, yasifuye kandi Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 20 cyabereye muri Mauritanie mu 2021 na CHAN 2022 yabereye muri Algérie.

Uwikunda Samuel ari mu bazasifura Igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc
Uwikunda ari muri 28 batoranyijwe na CAF

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi