DRC: Mu Burengerazuba no mu Burasirazuba byadogereye

Yanditswe na MUGIRANEZA THIERRY
Mu Karere ka Kwamouth mu Ntara ya Mai-Ndombe ahiciwe abantu

Abarwanyi bo mu gatsiko k’abiyita Mobondo bishe abantu bagera kuri 20 mu Karere ka Kwamouth, mu Ntara ya Mai-Ndombe mu Burengerazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni igitero aba barwanyi bagabye mu mpera z’iki Cyumweru mu gace kitwa Nkana, aho bateye igiturage bakica abasivili 13 barimo abana batatu abafite munsi y’imyaka itanu.

Capt. Anthony Mualushayi uvugira Akarere ka gisirikare ka 11 mu Ngabo za Congo, yavuze ko abarwanyi biyita ‘Mobondo” bitwaje intwaro zirimo imbunda za AK-47, calibre 12 n’imihoro, bateye abaturage nyuma barwana n’abasirikare.

Ati “Abarwanyi bane biciwe mu mirwano barwana n’ingabo za FARDC, hari umusirikare wacu wapfuye.”

Yavuze ko kandi ibi bitero byateye abaturage guhunga ari benshi bamwe bahungiye mu mujyi wa Maluku, abandi bahungira muri Congo-Brazzaville.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE

Yisangize abandi