Ubuyobozi bw’ikipe ya Espoir FC iterwa inkunga n’Akarere ka Rusizi, bwatangaje ko umutoza wa yo, Hatungimana Amran na Matata Ismaël utoza abanyezamu b’iyi kipe, bahagaritswe mu nshingano za bo.
Mu Itangazo ryashyizwe hanze na Espoir FC, iyi kipe yavuze ko aba batoza bombi bahagaritswe imikino itandatu ibanza ya shampiyona kubera umusaruro nkene mu mikino ikipe imaze gukina.
Bakomeje bavuga ko inshingano zo gutoza, zisigaranwa n’umutoza mukuru wa yo, Jean Paul.
Iyi kipe yo mu Akarere ka Rusizi, nta mukino n’umwe iratsinda ndetse ni yo ya nyuma mu itsinda B muri shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri.


UMUSEKE.RW
