Mu burasirazuba bwa Congo, mu gace ka Buhimba hakomeje kubera imirwano hagati ya AFC/M23 n’ingabo za leta ya Congo zishaka kwisubiza ako gace k’ingenzi ku mutekano wa Walikale.
Urubuga ACTUALITE.CD ruvuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, ako gace kongeye kuba isibaniro hagati y’abarwana nyuma y’uko mu mpera z’iki cyumweru AFC/M23 yari yafashe aho hantu.
Wazalendo na FARDC bafatanya ku rugamba babyutse batsa umuriro kuri AFC/M23 igenzura ako gace kari muri Gurupema ya Waloa Yungu muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru.
Amakuru kiriya gitangazamakuru gifite ni uko gahunda ya FARDC na Wazalendo ari ukwisubiza agace ka Buhimba.
Intwaro nini n’into ziri gukoreshwa muri iyo mirwano ibera i Buhimba.
AFC/M23 yakomeje kwigira imbere mu mirwano imaze iminsi iyishyamiranyije na FARDC, uretse gufata Buhimba, muri iki cyumweru gishize, uduce twa Mahanga, na Kibanda muri Segiteri ya Osso Banyungu, muri Teritwari ya Masisi, twafashwe na AFC/M23.
Utwo duce ngo twarimo imbaraga nyinshi za Wazalendo na FARDC mu rwego rwo kurindira umutekano Walikale. Gusa AFC/M23 yahirukanye Wazalendo n’ingabo za Leta, bahungira ahitwa Kailenge na Luhando.
Urubuga ACTUALITE.CD ruvuga ko kuba AFC/M23 yarabashije gufata Buhimba, biyiha amahirwe yo gukomeza yerekeza ahitwa Kimua na Ntoto, ubu hagenzurwa na FARDC na Wazalendo.
Iyi mirwano iraba mu gihe i Doha, intumwa za Leta ya Congo n’iza AFC/M23 zasinye inyandiko ibanziriza iy’amasezerano y’amahoro irimo ingingo 8 zizaganirwaho kugira ngo amahoro agerweho hagati y’impande zombi.
Hasinywa aya masezerano impande zombi zari ziyemeje guhagarika imirwano ariko ntacyo byahinduye ku kibuga.
UMUSEKE.RW
