Biciye muri Komisiyo y’Abasifuzi mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, abasifuzi barenga 90 bo muri Shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya Kabiri, bari kongererwa ubumenyi.
Ni amahugurwa yatangiye ku wa Kane, tariki ya 13 Ugushyingo 2025. Abasifuzi 96 bazasifura Shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya Kabiri, ni bo bari guhabwa amahugurwa.
Mu byo aba basifuzi bari kwiga, harimo impinduka ku mategejo agenga umukino [Laws of the game modification and amandements].
Abarimu b’abasifuzi barimo Hakizimana Louis uyobora Komisiyo y’Abasifuzi muri FERWAFA, Kagabo Ahmed, Karambizi Rabbin Hamimu na Hakizimana Ambroise, ni bo bari guhugura aba basifuzi.
Bahabwa amasomo yo mu ishuri, ubundi bakajya ku kibuga aho berekwa uko bagomba kuba bahagaze mu kibuga ndetse bakanafashwa gushyira mu bikorwa ibyo baba bize mu ishuri.
Ni abasifuzi biganjemo abakiri bato, barimo abakobwa 23 n’abahungu 73. Biteganyijwe ko shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri y’Abagore, izatangira mu kwezi gutaha.
Umwarimu w’abasifuzi, Hakizimana Ambroise wabaye umusifuzi mpuzamahanga wo ku ruhande, agerageza kwereka aba basifuzi uko umusifuzi wo ku ruhande yitwaraAbereka uko igitambaro kimanikwaKomiseri w’Abasifuzi mu Rwanda, Hakizimana Louis ‘Lou’ ari mu bari kongerera ubumenyi aba basifuziLou wabaye umusifuzi mpuzamahanga wo hagati, yageragezaga gufasha abasifura hagatiAbarimu b’abasifuziLou acishamo akereka abo ku ruhande uko bakwiye kwifataNi abasifuzi bari gufashwa n’abarimu babifitiye ubumenyi buhagijeNyuma y’amasomo bajya ku kibugaAbasifuzi bo ku ruhande, bafashwa cyane na AmbroiseNi abasifuzi biteguye kuzasifura shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya KabiriHiganjemo abakiri batoHarimo abakobwa 23Berekwa uko bagomba gufata ibyemezo mu kibugaUmusifuzi wo ku ruhande asabwa kuba maso cyaneAmbroise aba afasha abasifuzi bo ku ruhandeUmwarimu w’abasifuzi, Abdul Khaliq ‘Sekebe’ ari mu bari gutanga amasomoAbo ku ruhande ba basabwa kwitwararika muri byinshiMbere yo gutangira aya mahugurwa, habanje kurebwa uko ubuzima bwa bo buhagaze ‘Fitness’Kagabo Ahmed wabaye umusifuzi mwiza, ari mu bari gufasha aba basifuziIyo umusifuzi agana ahari gukinirwa umupira