Umuvugizi w’ingabo za Congo Kinshasa, Maj.Gen Sylvain Ekenge yemeje ko hari umubare munini w’abasirikare bakuru bo ku rwego rwa General bafunzwe bakekwaho ibyaha byo guhungabanya umutekano w’igihugu.
Mu kiganiro n’Abanyamakuru, Maj.Gen Sylvain Ekenge yavuze kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Ugushyingo, 2025 ko abafunzwe Umushinjacyaha yategetse ko batarekurwa kubera ko barimo gukorwaho iperereza.
Yagize ati “Ni ukuri, ba Ofisiye General benshi, na ba Ofisiye Bakuru batawe muri yombi, ariko byabaye kubera ibikorwa bikomeye bijyanye n’umutekano wa Leta.”
Maj.Gen Sylvain Ekenge yavuze ko igihe cyo kubafunga cyongerewe bikurikije amategeko, ko byasabwe n’Umushinjacyaha kugira ngo hakorwe iperereza.
Yagize ati “Bashyizwe ahantu bagenzurwa, bafunzwe mu buryo bwemewe (butari bubi), bahabwa uburenganzira ariko bakagenzurwa.”
Umuryango, Fondation Bill Clinton pour la Paix (FBCP), mu cyegeranyo wasohoye, wavuze ko wamagana imibereho mibi y’abafungiye muri gereza ya Makala, no mu ya gisirikare yitwa Ndolo, i Kinshasa.
Iyi nyandiko yasohotse ku wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo, 2025, uriya muryango uvuga ko abantu 2, 339 bafungiwe muri gereza ya gisirikare ya Ndolo.
Muri abo bahafungiye abagera kuri 21 ni abasirikare bakuru bafite ipeti rya General mu ngabo za Congo, FARDC, muri bo babiri ni bo bahawe igihano, abanda bafunzwe mu buryo bw’agateganyo.
Muri bariya bantu 2, 339 bafungiye muri gereza ya Ndolo, abahamwe n’icyaha ni 630; abandi bagera ku 1, 524 bafunzwe by’agateganyo.
Abantu 190 batangiye gushinjwa, mu bafunzwe abagera kuri 44 ni abagore ndetse hafungiye abanyamahanga 5.
Mu basirikare bafite amapeti bafunzwe hari abakekwaho guta urugamba ubwo AFC/M23 yafataga imijyi ya Goma na Bukavu, abandi baregwa gushaka guhirika Perezida Felix Tshisekedi, hari n’abaregwa kunyereza ibigenerwa ingabo.
Amwe mu mazina arimo Gen. John Tshibangu, Gen Pacifique Masungu, Gen Kiseba André, Gen Mugabo Hassan, Gen Ehonza André, Gen Sikatenda, Gen Yav Philemon n’abandi yagiye agarukwaho ko batawe muri yombi.

UMUSEKE.RW
