Imodoka za gisirikare za AFC/M23 zagaragaye mu gace ka Kaliki muri Walikale

Yanditswe na Ange Eric Hatangimana
Brig Gen Justin Gacheri Musanga wa M23, ku isangano ry'imihanda hagati muri Walikale-centre (Photo Archives)

Imirwano imaze iminsi ibera muri Masisi, yatumye inyeshyamba za AFC/M23 zinjira muri Teritwari ya Walikale, ubu ziragenzura agace ka Kaliki muri Gurupema ya Waloa Yungu.

Imodoka za gisirikare z’inyeshyamba za AFC/M23 zagaragaye mu gace ka Kaliki, muri Gurupema, Waloa Yungu, muri Teritwari ya Walikale. Ako ni agace ka mbere inyeshyamba zafashe muri nyuma y’igihe gishize zaremeye kuva muri Walikale.

Ku wa Gatanu nyuma y’imirwano ikaze nibwo kariya gace kafashwe na M23.

Muri Kivu ya Ruguru hamaze iminsi hari imirwano mu bice bitandukanye, AFC/M23 ihanganye n’ingabo za leta, FARDC zifatanya na Wazalendo.

Ku wa Gatatu inyeshyamba za M23 zari zafashe agace ka Katoyi muri Teritwari ya Masisi.

Nyuma y’imirwano yamaze umwana, urubuga ACTUALITE.CD, ruvuga ko abarwanyi ba Wazalendo bahungiye muri Teritwari ya Waloa Loanda muri Walikale.

Iyi mirwano iraba mu gihe i Doha, intumwa za Leta ya Congo n’iza AFC/M23 zasinye inyandiko yiswe Accord Cadre irimo ingingo 8 zizaganirwaho kugira ngo amahoro agerweho hagati y’impande zombi.

Hasinywa aya masezerano impande zombi zari ziyemeje guhagarika imirwano ariko ntacyo byahinduye ku kibuga.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi