Nyuma y’amasaha make AS Kigali ibonye ubuyobozi bushya buyobowe na Jean Chrysostome Rindiro, yabonye amanota atatu yakuye kuri Rayon Sports nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa Karindwi wa shampiyona.
Kuri iki Cyumweru, tariki ya 23 Ugushyingo 2025, ni bwo habaye imikino yasozaga iy’umunsi wa Karindwi wa shampiyona y’Icyiciro cya Mbere y’umupira w’amaguru mu Bagabo [Rwanda Premier League].
Umwe mu mikino yari ihanzwe amaso, ni uwahuje Rayon Sports na AS Kigali iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali. Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium Saa Cyenda z’amanywa.
Ibifashijwemo na Nshimiyimana Tharcisse na Dushimimana Olivier ‘Muzungu’, ikipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali yatsinze iyo mu Nzove ibitego 2-0 maze itahana amanota yuzuye y’umunsi wa Karindwi wa shampiyona.
Ni intsinzi yahuriranye n’itorwa rya Komite Nyobozi nshya y’iyi kipe, nyuma y’amatora yabaye kuri iki Cyumweru. Biciye mu Banyamuryango ba AS Kigali, Jean Chrysostome Rindiro ni we bahaye icyizere cyo kubayobora mu myaka ine iri imbere.
Visi Perezida w’iyi kipe, yagizwe Kankindi Anne-Lise mu gihe Umunyamabanga Mukuru yabaye Habanabakize Fabrice, Habiyakare Chantal agirwa umubitsi, Sangano Yves agirwa Umujyanama mu by’amategeko mu gihe Harindintwali Jonathan yagizwe Umujyanama mu bya Tekiniki.
Uko indi mikino y’umunsi wa Karindwi yarangiye:
Mukura VS 1-2 AS Muhanga
Bugesera FC 2-3 Rutsiro FC
Amagaju FC 1-1 Etincelles FC
Marines FC 1-0 Gorilla FC
Musanze FC 3-2 APR FC
Gasogi United 1-0 Kiyovu Sports
Police FC 2-1 Gicumbi FC








UMUSEKE.RW
