Ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amafoto ya drone yo mu bwoko bwa CH-4 y’ingabo za leta ya Congo iherutse guhanurwa n’inyeshyamba za AFC/M23.
Tariki 11 Ugushyingo, 2025 nibwo ku mbuga nkoranyambaga byatangiye kuvugwa ko inyeshyamba za AFC/M23 zahanuye indege itagira abapilote y’ingabo za Congo.
Ayo makuru yanavuzwe na bamwe mu Banyamakuru bakurikira ibibera mu Burasirazuba bwa Congo yavugaga ko iyo ndege yahanuriwe i Masisi.
UMUSEKE twakomeje gukurikirana ukuri kw’ibivugwa, Umuvugizi wa gisirikare wa AFC/M23, Lt.Col Willy Ngoma atubwira ko bitabayeho.
Gusa undi muntu twizeye, yatubwiye ko iyo drone yahanuriwe muri Kivu y’Amajyepfo, ku itariki ya 10 Ugushyingo, 2025.
Yagize ati “Ahagana saa 13h30 baragahanuye (drone) muri Kivu y’Amajyepfo mu gace ka Nzibira.”
Ibi birahura n’amakuru Ikinyamakuru The Chronicles cyatangaje kuri X kivuga ko iriya drone yo mu bwoko bwa CH-4 yahanuriwe muri Teritwari ya Walungu, muri Kivu y’Amajyepfo.
Mu itangazo Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence KANYUKA yashyize ku rubuga rwa X ku wa Kabiri w’iki Cyumweru ahagana saa 16h00 yaciye amarenga ko hari icyakozwe ku bitero by’indege bikorwa n’ingabo za Congo.
Yagize ati “Ingabo zikorana n’ubutegetsi bw’i Kinshasa zikomeje ibitero byazo mu bice bituwe cyane muri Teritwari ya Masisi, barakoresha drones. AFC/M23 ubu iri kurinda abaturage b’abasivile baraswa n’ingabo za Kinshasa.”
Kuri uwo munsi AFC/M23 yari yavuze ko ingabo za Congo zagabye ibitero mu ijoro rya tariki 10-11 Ugushyingo, 2025 mu gace ka Luki, muri Teritwari ya Masisi, aho yashinjaga Congo kurenga ku masezerano yo guhagarika intambara yasinyiwe i Doha.
Kugeza ubu ntacyo igisirikare cya Congo kiratangaza ku bijyanye n’iby’iyi drone yahanuwe.
Drones zo mu bwoko bwa CH-4 zikoreshwa n’ingabo za Congo muri iyi ntambara, amakuru yo kuri Internet agaragaza ko imwe ishobora kugura miliyoni 2.4 z’amadolari ya America, izihendutse zigeza mu bihumvbi 46 by’amadolari ariko zo zigakoreshwa n’abasivile.




UMUSEKE.RW
