Perezida wa FERWAFA yahaye impanuro ingimbi U17 zitegura CECAFA

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yasuye ikipe y’Igihugu y’ingimbi zitarengeje imyaka 17 yitegura kujya mu mikino ya CECAFA izabera muri Éthiopie, abasaba kuzahagararira Igihugu neza.

Izi ngimbi zikomeje imyitozo, aho zitoreza ku kibuga cyunganira Stade Amahoro no kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo.

Mu rwego rwo kubaba hafi muri iyi myiteguro, Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yasuye aba bakinnyi abibutsa ko Igihugu kibashyigikiye ariko kandi ko bakwiye gukora cyane kugira ngo bazabashe kwitwara neza muri iri rushanwa.

Uyu muyobozi kandi, yabasabye gukomeza kumva no gukurikiza inama z’abatoza. Yabijeje kandi kuzakomeza kubaba hafi. Cecafa y’ingimbi zitarengeje imyaka 17, iteganyijwe kuzakinwa mu kwezi gutaha. Ni yo izatanga ikipe zizahatanira kujya mu Gikombe cya Afurika cy’ingimbi zitarengeje iyi myaka.

Perezida wa FERWAFA, Shema, yasabye gukomeza gukora cyane no kumva inama z’abatoza
Buri umwe yagiye amukora mu ntoki
Shema yari ari kumwe n’abarimo Rutsindura Antoine usanzwe ari umwarimu w’abatoza
DTN na Kanamugire Ushinzwe Iterambere muri FERWAFA, na bo bari baje gushyigikira izi ngimbi
Imyitozo yo irarimbanyije
Bamwe mu ngimbi zikina hanze y’u Rwanda, bitabajwe
Umutoza, Kirasa Alain, aba akosora abakinnyi
Ni imyitozo ibera ku kibuga cyunganira Stade Amahoro
Abana bakina hanze y’u Rwanda, bari mu bitabajwe
Bigishwa byose bakenera mu mupira w’amaguru
Banyuzamo bagakina ngo abatoza berebe ko bumvise ibyo bigishijwe
Imyitozo isozwa no gukina igisa n’umukino ngo abatoza bagire ibyo bakosora
Kugorora imitsi
Ni abana batanga icyizere cy’ejo hazaza
Ni imyitozo iba irimo ishyaka

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *