Ruhago y’Abagore: AS Kigali yanyagiriwe mu Nzove – AMAFOTO

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Mu mikino y’umunsi wa Karindwi wa shampiyona, ikipe ya AS Kigali WFC iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali, yanyagiriwe ku kibuga cyo mu Nzove na Rayon Sports WFC ibitego 8-0 mu gihe Forever WFC yavuye i Nyagatare yemye.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 30 Ugushyingo 2025, ni bwo hasojwe imikino y’umunsi wa Karindwi ya shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya Mbere y’Umupira w’Amaguru.

Umwe mu mikino yongeye gutungura benshi mu bakunzi ba ruhago y’Abagore mu Rwanda, ni uwabereye mu Nzove wahuje Rayon Sports WFC na AS Kigali WFC ikomeje kugana ahabi.

Gikundiro ibifashijwemo na Nguema Odette Coralie watsinze ibitego bibiri, Nahimana Nasra watsinze bibiri, Umwali Uwase Dudja watsinze kimwe, Uwimbabazi Immaculée watsinze kimwe n’ikindi bitsinze, yanyagiye Abanya-Mujyi ibitego 8-0.

Wabaye umukino wa Karindwi nta ntsinzi iboneka kuri iyi kipe itozwa na Mukamusonera Théogenie, cyane ko imaze kunganya gatatu igatsindwa Kane mu mikino ya shampiyona imaze gukinwa.

Ni mu gihe kandi iyi kipe yari yanyagiwe na Police WFC ibitego 6-2 mu mukino w’umunsi wa Gatandatu wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium. Bivuze ko mu mikino ibiri gusa iheruka, AS Kigali WFC yatsinzwe ibitego 14-2.

Mu gihe aha byari byahengamye ariko, ikipe ya Forever WFC y’i Kigali, yakuye amanota i Nyagatare nyuma yo gutsinda Nyagatare WFC igitego 1-0, mu gihe na Police WFC yakuye ayuzuye i Huye nyuma yo gutsinda APR WFC ibitego 2-0.

Imikino y’umunsi wa Karindwi wa shampiyona y’Abagore, yasize Police WFC ikiyobote urutonde rwa shampiyona n’amanota yose yuzuye uko ari 21, ikarusha atatu Rayon Sports WFC ya Kabiri n’amanota 18 mu gihe Indahangarwa WFC iri ku mwanya wa Gatatu n’amanota 15.

Amakipe abiri ya nyuma by’agateganyo, ni Nyagatare WFC ya 12 n’ubusa bw’amanota n’umwenda 26 imaze kwinjizwa na AS Kigali WFC ya 11 n’amanota atatu n’umwenda w’ibitego 14 imaze kwinjizwa.

Indi mikino yabaye:

  • Muhazi WFC 1-1 Macuba WFC
  • Indahangarwa WFC 2-2 Bugesera WFC
  • Inyemera WFC 4-1 Kamonyi WFC
Ni umukino wabereye mu Nzove
Abakinnyi ba AS Kigali WFC ntacyo bayimye
Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rwa AS Kigali WFC
Rayon Sports WFC yanyagiye ikipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali
Mukantaganira yuzuzaga imikino 100 akina mu Nzove
Ni myugariro w’indwanyi

UMSUEKE.RW

Yisangize abandi