Nyuma y’amatora yabanje kuzamo ibibazo, Samuel Eto’o wayatsinze ku bwiganze, yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT).
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 29 Ugushyingo 2025, ni bwo mu gace ka Mbankomo muri Cameroun, habereye Inama y’Inteko Rusange yahuje Abanyamuryango b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun, Fecafoot.
Ni Inteko Rusange yari ifite ingingo imwe gusa ku murongo w’ibyigwa, ari yo y’amatora.
Mbere gato y’uko iyi Nama iba, muri Cameroun hari humvikanye amakuru avuga ko Eto’o atemerewe kwiyamamaza kubera ko afite Ubwenegihugu bubiri.
Amakuru yavugaga ko Itegeko rivuga ko umunya-Cameroun ufite Ubwenegihugu bw’ahandi, ahita atakaza ubwo muri iki gihugu.
Kuri Samuel Eto’o ufite Ubwenegihugu bwa Espagne, byavugwaga ko ubw’iwabo yabutakaje, bityo ko atemerewe kwiyamamaza ariko nyuma yo gusesengura neza aya mategeko, byarangiye uyu mugabo yemerewe kwiyamamaza.
Eto’o wari umukandida umwe rukumbi muri aya matora, yongeye gutorerwa gukomeza kuyobora Fecafoot nyuma yo kugira amajwi 85 kuri 87.
Birasobanura ko Samuel agiye kuyobora iri Shyirahamwe mu yindi myaka ine iri imbere.
Ubwo yari agitorerwa kuyobora Fecafoot ku nshuro ya mbere, Eto’o yahesheje Cameroun kujya mu Gikombe cy’Isi cyabereye muri Qatar mu 2022.

UMUSEKE.RW
