Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yatoye imyanzuro yo gufatira ibihano Igihugu cya Tanzania ahanini bishingiye ku matora yabaye muri icyo Gihugu mu Kwakira 2025.
Ni mu nama rusange yahuje Abadepite b’uyu Muryango tariki ya 27 Ugushyingo 2025, i Brussels ku cyicaro cy’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.
Abagize iyi nteko ‘basuzumye raporo ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu’ muri Tanzania mu gihe cy’amatora ya Perezida.
Inteko Ishinga Amategeko yavuze ko amatora yo mu Kwakira 2025, ‘yabayeho guhonyora uburenganzira bwa muntu, ibyavuyemo impfu nyinshi no gukomereka.’
Iyi nteko yavuze ko yafashe imyanzuro irimo guhagarika inkunga ya miliyoni 156 z’Amayero zingana na Miliyari 400 mu Mashilingi ya Tanzania, zari zigenewe icyo gihugu ko kandi ari umwanzuro watowe ku bwiganze bw’amajwi 539, mu gihe 27 yifashe.
Iti ” Leta ya Tanzania igomba kujya mu biganiro bya politiki n’abatavugarumwe nayo, imiryango ya gisivili, abahagarariye abagizweho ingaruka n’ibikorwa kugira ngo baganire ku bibazo bihari mu guharura inzira nshya y’amatora anyuze mu mucyo.”
Aba Banyaburayi kandi basabye Leta ya ya Tanzania kuganira no kurekura Abanyepolitike bafunze barimo Tundu Lissu.
Mu Kwakira 2025, nibwo muri Tanzania habaye amatora, Perezida Samia Suluh Hassan ayatsinda n’amajwi 98%.
Aya matora yabayemo ndetse akurikirwa n’imvururu n’imyigaragambyo ahanini zashingiye ku bavugaga ko yabayemo uburiganya.
Imiryango mpuzamahanga ivuga ko hapfuye abantu benshi, ibyo Tanzania ihakana.
Abanyamategeko bahagarariye imiryango y’ababuriye ababo muri iyo myigaragambyo baberutse gusaba Ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), ko hazakorwa iperereza rigamije kumenya ibyabaye, hakagira abazabibazwa.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
