Ibihugu 100, abakuru b’ibihugu na Guverinoma barenga 40 muri Africa bitabiriye igikorwa cyo kumurika ku mugaragaro Ingoro Ndamuco y’Amateka ya Misiri amaze imyaka 7000.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier J.P Nduhungirehe yitabiriye ibi birori byo ku wa Gatandatu, aganira na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Misiri, Dr. Badr Abdelatty.
Amb. Nduhungirehe yanakiriwe na Perezida wa Misiri Abdel Fattah El-Sisi.
Iyi Ngoro Ndangamurage w’Amateka yiswe Grand Egyptian Museum (GEM), u Rwanda rwaboneyeko kwishimira iki gikorwa gikomeye Misiri yagezeho, kandi rushimangira ko rwiteguye gukomeza umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Grand Egyptian Museum (GEM) ni imwe mu ngoro nini ku isi ikaba irimo ibisigisigi by’amateka bigera ku 100,000 bigaragaza amateka amaze imyaka 7000 Misiri iriho.
Kubaka iriya Ngoro byatwaye Misiri arenga miliyari imwe y’amadolari, bikaba bizayifasha kuzamura urwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku muco bigafasha ubukungu bw’icyo gihugu.
Iriya Ngoro irimo amateka y’abami bayoboye Misiri imyaka 5000.
Mu bakuru b’ibihugu bitabiriye iki gikorwa harimo na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, wa DR.Congo, akaba yari kumwe n’umugore we Denise Nyakeru.


UMUSEKE.RW

I am truly thankful to the owner of this web site who has shared this fantastic piece of writing at at this place.
It’s perfect time to make some plans for the longer term and it’s time to be happy. I’ve learn this put up and if I could I want to counsel you few fascinating things or advice. Perhaps you can write next articles relating to this article. I wish to read more things approximately it!
I went over this site and I believe you have a lot of superb information, bookmarked (:.