Mu mukino w’ishyiraniro witabiriwe ku bwinshi wa shampiyona y’abagabo ya Volleyball, APR VC yatsinze Police VC amaseti 3-1.
Umwe mu mikino ya shampiyona uba uhanzwe amaso na benshi mu bakunzi b’umukino wa Volleyball, ni uhuza APR VC na Police VC zombi zihurira ku kuba zikomoka ku nzego zishinzwe Umutekano w’Igihugu.
Ku wa Gatanu, tariki ya 28 Ugushyingo 2025, buri mukunzi w’uyu mukino yari ari muri Petit Stade ategereje kureba aho ibiro bivuza ubuhuha, cyane ko aya makipe yombi yiyubatse mbere y’itangira rya shampiyona y’uyu mwaka.
Saa Mbiri z’Ijoro, ni bwo abayoboye uyu mukino bari bawutangije maze APR VC itsinda iseti ya mbere ku manota 25-20. Ikipe y’Ingabo kandi yanahise yegukana iseti ya Kabiri ku manota 37-35.
Ikipe y’Abashinzwe Umutekano yagarutse mu iseti ya Gatatu yijajara ndetse iyitsimnda ku manota 25-23 ariko irongera itakaza iseti ya Kane ku manota 25-18 maze itakaza umukino gutyo.
Ni umukino wari witabiriwe ku bwinshi, cyane ko umukino wa Volleyball mu Rwanda, wongeye gufata intebe wahoranye yo kwigarurira imitima ya benshi bakunda imikino mu Rwanda.
Undi mukino wabaye mu Bagabo, REG VC yatsinze KVC VC amaseti 3-2 mu gihe mu Cyiciro cy’Abagore, Kepler VC yatsinze RRA VC amaseti 3-2.























UMUSEKE.RW
