Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko, mu gihe cy’Iminsi Mikuru isoza umwaka, amasaha ya serivisi z’ijoro zirimo utubari, utubyiniro na resitora yongerewe.
Ni mu gihe ku wa Gatanu, mu mpera z’icyumweru n’iminsi y’ibiruhuko, serivisi zizajya zitangwa amasaha 24 kuri 24.
Yibukije ko amabwiriza asanzwe arimo kugabanya urusaku no kudatanga cyangwa kunywa inzoga ku bantu bari munsi y’imyaka 18, azakomeza kubahirizwa.
Abaturarwanda basabwe kunywa mu rugero, kwirinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha no guha inzoga umuntu bigaragara ko yasinze.
NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
