Abanyarwanda Batatu batumiwe mu mikino Nyafurika y’Amashuri

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Mu gihe muri Uganda hagiye kubera irushanwa Nyafurika ry’Amashuri, African School Football Championship [CECAFA Region], u Rwanda ruzaba ruhagarariwe n’abasifuzi babiri bari munsi y’imyaka 20 na Komiseri umwe ndetse n’ikipe y’abakobwa n’iy’abahungu.

Guhera tariki ya 6-9 Ukuboza 2025, muri Uganda hazaba hari kubera irushanwa Nyafurika rihuza amashuri yo mu Karere ka Afurika y’i Burasirazuba n’iyo Hagati, African School Football Championship [CECAFA Region].

Uretse kuba u Rwanda rugomba guhagararirwa n’amakipe abiri y’abari munsi y’imyaka 15 mu bahungu n’abakobwa, runafiteyo Hakizimana Ambroise usanzwe ari Komiseri w’abasifuzi, Mukesha Léa w’imyaka 19 na Niyonzima Gloire w’imyaka 17, bombi basanzwe ari abasifuzi.

Mu Cyiciro cy’abahungu, Ikigo cy’ishuri cya G.S Cyarwa mu gihe mu bakobwa, u Rwanda ruhagarariwe na APE Rugunga.

Niyonzima Gloire w’imyaka 17, ari mu basifuzi bazasifura iyi mikino muri Uganda
Hakizimana Ambroise azaba ari mu ba Komiseri bazayobora iyi mikino
Mukesha Léa w’imyaka 19, ari mu basifuzi bagiriwe icyizere na CECAFA
APE Rugunga ihagarariye u Rwanda mu Cyiciro cy’Abangavu
G.S Cyarwa ihagarariye u Rwanda mu Cyiciro cy’ingimbi
G.S Cyarwa yabanje kuganirizwa na Komiseri Ushinzwe Amategeko muri FERWAFA
APE Rugunga na yo yabanje kuganirizwa mbere yo kujya muri Uganda

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi