Abayovu bahamagariwe kugaruka hafi y’ikipe bakunda

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Mu gihe ikipe ya Kiyovu Sports ikomeje urugamba rwo gushaka amanota ayigiza imbere ku rutonde rwa shampiyona, abakunzi ba yo basabwe kudacika intege kubera uwo baheruka gutakariza mu Karere ka Rubavu, bakangurirwa gukomeza kuyiba hafi.

Mu minsi ishize, Urucaca rwatsindiwe mu Karere ka Rubavu na Marines FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 11 wa Shampiyona y’u Rwanda y’Umupira w’Amaguru, Rwanda Premier League.

Abicishije ku mbuga nkoranyambaga ze, Perezida w’abafana n’abakunzi b’iyi kipe yo ku Mumena, Minani Hemedi, yasabye abakunzi ba yo bose aho baherereye ko atari igihe cyo gucika intege no gushyira amaboko mu Mufuka, ahubwo ko ari igihe cyiza cyo kurushaho guhuza imbaraga bakegera ikipe ya bo.

Muri ubu butumwa, Minani yakomeje abibutsa ko Shampiyona ari urugendo rurerure rusaba ubufatanye bwa buri umwe ukunda Kiyovu Sports kandi ko ntawundi uzaza kubafashiriza ikipe uretse bo ubwabo.

Yagize ati “Nk’uko dutoza abakinnyi bacu, ni na ko Marines FC itoza. Kuba twarakinnye na yo ituri imbere, ni uko buri gihe yitegura neza kuturenza. Gusa ntidukwiye gucika intege kuko mu mikino 30, dusoje 11. Twirinde gucika intege kuko twahize umwanya wa Kane none turi ku wa Gatandatu.”

Yakomeje abibutsa ko mu yindi Mihigo iyi kipe ifite, harimo kwegukana Igikombe cy’Amahoro kandi bishoboka mu gihe Abayovu bakomeza kuba bamwe ntibatatanye imbaraga bifitemo.

Hemedi kandi yibukije abakunzi ba Kiyovu Sports ko igihe cyose bakwiye kwibuka ko ikipe itazahora itsinda gusa ko no mu gihe yatsinzwe bakwiye kujya bakira ibyavuye mu mukino.

Abakunzi b’iyi kipe basabwe gukomeza guca kuri *182*8*1*444400# kugira ngo bafashe ikipe bihebeye mu bushobozi bw’amafaranga. Urucaca ruritegura umukino wa Al-Hilal SC uzaba ku wa Kane, tariki ya 18 Ukuboza 2025 Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba kuri Kigali Pelé Stadium.

Minani Hemedi yahamagariye Abayovu kuguma hafi y’ikipe ya bo
Abakunzi ba Kiyovu Sports bahamagariwe gukomeza kuba hafi y’ikipe ya bo

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi