Nyuma y’imyaka 50 iri muri shampiyona ya Basketball y’Icyiciro cya Mbere, Espoir BBC yareze benshi mu bakinnyi b’uyu mukino, yamanutse mu Cyiciro cya Kabiri.
Ku wa Gatandatu, tariki ya 6 Ukuboza 2025, habaye Inama y’Inteko Rusange yahuje Abanyamuryango b’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda, FERWABA.
Kimwe mu byayitangarijwemo, ni uko ikipe ya Espoir BBC yabaye iya nyuma [9] muri shampiyona y’umwaka ushize [2025], yamanutse mu Cyiciro cya Kabiri nyuma y’imyaka 50 iyi kipe ishinzwe.
Ni inkuru yari incamugongo ku banyamuryango b’iyi kipe yabaye ubukombe muri Basketball y’u Rwanda, cyane ko yakoze abakinnyi benshi bafatiye runini uyu mukino mu Rwanda.
Iyi kipe y’i Nyamirambo ahazwi nko kuri Club-Rafiki, yaciyemo amazina manini muri Basketball y’u Rwanda nka Gisembe, Ruzindana, Nkuba, Me. Munyengabo Henry Pierre, bayikiniye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yaciyemo amazina manini muri uyu mukino nka Mugabe Arstide, Arsène, Mushumba Didier, Lionel, Bienvenu, Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson, Kaje Elie, Nshyaka Olivier n’abandi.
Bimwe mu bikombe bya shampiyona yegukanye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, harimo icyo mu 1999 na 2004, 2011-12, 2012-13, 2013-14 na 2014-15. Muri iyi myaka, Espoir BBC yari ikipe ifite imbaraga nyinshi bitewe n’abakinnyi b’abahanga yari ifite icyo gihe.


