Byadogereye kurushaho, ibisasu biva i Burundi birimo kwica abasivile

Yanditswe na Ange Eric Hatangimana
Inzu nyinshi z'abaturage zimaze gusenywa n'ibisasu biraswa ku mpande zombi

Imirwano ikaze yakomeje gushyamiranya ingabo za leta ya Congo zifatanya n’ingabo z’u Burundi na Wazalendo, kuri uyu wa Gatanu igisasu cyarasiwe i Burundi cyatumbirije umunara w’itumanaho muri Kamanyola, ni na ko ibyo bisasu bihitana ubuzima bw’abasivile.

Ni umunsi wa kane w’imirwano idakuraho, Radio Maendeleo iravuga ko Wazalendo bahanganye na AFC-M23 mu nkengero za Kamanyola muri teritwari ya Walungu.

Mu misozi ya Tshivanga muri Teritwari ya Kalehe, naho imbunda zumvikanye mu misozi ya Bufulero no muri Kaziba.

Imirwano irabera muri Kamanyola, hafi y’umugezi wa Luvumvi utandukanye Teritwari ya Uvira na Walungu. Abarwanyi ba Wazalendo ngo baba bateye ibirindiro bya M23 bagamije kwinjira muri Kamanyola.

I Kamanyola, abaturage bambutse ari benshi berekeza mu Rwanda.

Amakuru aravuga ko i Luvungi, ibisasu biva mu gice kirimo AFC/M23 byatumye hari abaturage bahunga berekeza i Sange, Runingu, Ndolera na Uvira.

Umuvugizi wa AFC/M23, Laurence Kanyuka yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 05/12/2025, ingabo za Congo, FARDC n’abakorana na zo bakomeje ibitero mu bice bituwe muri Kivu ya ruguru na Kivu y’Amajyepfo, bakaba bakoresha indege z’intambara, drone n’intwaro nini.

Yavuze ko iyi ntambara, “irimo ubugome butakwihanganirwa ikomeje gutera ubwoba abaturage.”

Kanyuka avuga ko imibare y’abagwa muri iyi mirwano mishya ikomeza kwiyongera, inzu z’abaturage zirasenywa n’ibisasu ari nako abantu bahasiga ubuzima abagore n’abana.

Ku wa Kane tariki 04/12/2025 ibisasu bivuye i Burundi byarashwe ahagana saa 17h30, byaguye mu gace ka Rubumba bigamije kuraswa i Kamanyola byahitanye abantu bane abandi babiri barakomereka bikabije nk’uko Kanyuka abivuga.

Iyi mirwano ikajije umurego nyuma yaho ku wa Kane, i Washington DC, Perezida Felix -Antone Tshisekedi na Perezida Paul Kagame basinye amasezerano y’amahoro, Perezida Donald Trump avuga ko arangije intambara imaze imyaka 30 ikaba yarahitanye abantu miliyoni 10.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi