Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane wa Afurika, CAF, yamenyesheje amakipe amabwiriza agenga irushanwa ry’Igikombe cya Afurika 2024 ariko kigiye gukinwa muri 2025 na 2026.
Iri rushanwa rizabera muri Maroc guhera tariki ya 21 Ukuboza 2025 kugeza tariki ya 18 Mutarama 2026. Ibihugu 52 bigeze Umugabane wa Afurika nk’uko bisanzwe.
Mbere y’uko iri rushanwa ritangira, CAF yasohoye amabwiriza buri kipe igomba kuzubahiriza, bitaba ibyo ikazacibwa amande.
Amakipe yo ku Mugabane w’i Burayi agomba kurekura abakinnyi bitarenze tariki ya 15 Ukuboza 2025.
Amakipe [Clubs] ndetse n’amakipe y’Ibihugu [National teams], yasabwe gucyemurana ibibazo byose byaba impamvu yose yakoma mu nkokora irekurwa ry’abahamagawe mu makipe y’Ibihugu bya bo.
Amakipe y’Ibihugu, yamenyeshejwe ko agomba gutanga intonde z’abakinnyi azakoresha mu irushanwa bitarenze iminsi 10 mbere. Abatazabyubahiriza, bazacibwa amande y’ibihumbi 10$.
Abakinnyi 18 gusa kuri buri rutonde, ni bo bazamererwa gutemberera mu Mijyi bajyanywe n’indege cyangwa muri za Gariyamoshi aho bizaba ngombwa.
Amakipe azaba ava mu Mujyi wa Rabat ajya gukina i Casablanca, azajya agenda mu gitondo mu gihe ayitwa ko yakiriye iyo mikino biyasaba kujyayo, ashobora kuzajya agenda umunsi umwe mbere.
Nta kipe yemerewe kuzajya ikorerera imyitozo yuzuye [full training] ku kibuga kizajya kiba kiribwakire umukino.
Amakipe byitezwe ko azajya afata urugendo ava mu Mujyi ajya gukinira mu wundi, arimo Zimbabwe, Cameroun, Guinéa Équatorial, Mozambique, Burkina Faso, Sudani, Zambia, Mali, Ibirwa bya Comores, Botswana, Uganda, Afurika y’Epfo, Gabon, Tanzania, Angola na Tunisie.

UMUSEKE.RW
