Imirwano iri mu cyerekezo cy’umujyi wa Uvira – FARDC irashinja AFC/M23

Yanditswe na Ange Eric Hatangimana
Amabombe araswa biravugwa ko yishe abaturage

Imirwano ikomeye yubuye mu gice gishyira ahari umujyi wa Uvira, AFC/M23 iravuga ko bombe ziraswa n’ingabo z’u Burundi zasenye inzu z’abaturage, ku rundi ruhande ingabo za Congo zasohoye itangazo rishinja AFC/M23.

Radio Maendeleo ikorera i Bukavu iravuga ko mu kibaya cya Ruzizi ahitwa Katogota, ku rubibi rwa Teritwari ya Uvira hafi y’agace ka Kamanyola ko muri Teritwari ya Walungu, imirwano ikomeye ishyamiranyije AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Congo zikorana na Wazalendo n’ingabo z’u Burundi.

Iyi radio ivuga ko imirwano irimo intwaro ziremereye.

Agahenge k’akanya gato k’imirwano, ngo kabaye mu mujyi wa Kamanyola, ariko hari bombe yaguye ku nzu ebyiri, hakomereka abana babiri mu gace Rugenge.

Radio Maendeleo ivuga ko i Kaziba, muri Teritwari ya Walungu, abaturage bagumye mu nzu zabo, ndetse ho amasasu akaba arimo kumvikana. Aha muri Kaziba biravugwa ko umuyobozi w’ako gace n’abana be bishwe na bombe yabaguyeho.

Amakuru y’iyi radio avuga ko hari abantu batanu bamaze kugwa muri iyi mirwano muri Km 3 uvuye kuri santire ya Lwanguku, ku musozi wa MWERA.

Laurence Kanyuka, Umuvugizi wa politiki wa AFC/M23, yavuze ko ingabo z’u Burundi n’abacanshuro barimo kurasa bombe mu bice bituwe cyane.

Ati “Ibintu bimeze nabi kandi birarushaho kuba bibi umunota ku wundi.”

Mbere yaho yari yasohoye ubutumwa kuri X, avuga ko kuri uyu wa Kabiri tariki 02/12/2025 ingabo za leta ya Congo zagabye ibitero ahantu hatandukanye hari ibirindiro bya AFC/M23, harimo Katogota – Luvungi, Kaziba – Haut Plateau, Tchivanga – Hombo na Kasika – Mwenga.

Abaturage bavuga ko mu ijoro ryo ku wa Mbere babonye ingabo nyinshi za AFC/M23 zerekeza muri biriya bice, ndetse bakavuga ko “inyeshyamba zishobora kuba zishaka gufata Uvira”.

FARDC yasohoye itangazo

Igisirikare cya Congo cyasohoye itangazo kivuga ko muri iki gihe gikomeye, aho Leta zunze ubumwe za America na Qatar bishaka ko Kivu ya Ruguru na Kivu y’Amajyepfo bigira amahoro, inyeshyamba za AFC/M23 “zishe agahenge ko guhagarika imirwano.”

FARDC ivuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ingabo za AFC/M23 “Ivuga ko zifashwa n’u Rwanda”, zateye ibirindiro byayo i Kaziba, Katogota, na Lubarika muri Kivu y’Amajyepfo.

Ingabo za Congo zivuga ko ibi bitero byerekana umugambi wa AFC/M23 wo guhungabanya amasezerano y’amahoro y’i Washington DC n’ay’i Doha, no guhungabanya gahunda yo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo.

Igisirikare cya Congo cyavuze ko gisaba abaturage gutuza, ko ingamba zose zafashwe kugira ngo haburizwemo ibyo bikorwa by’intambara bya AFC/M23.

Imirwano yadutse mu gihe ku wa Kane i Washington DC hategerejwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro hagati ya Perezida Paul Kagame na Perezida Antoine Felix Tshisekedi, bakazasinyira imbere ya Perezida Donald Trump hari na bamwe mu bakuru b’ibihugu bya Africa.

Kugeza ubu AFC/M23 yavuze ko ayo masezerano y’i Washington yo atayireba.

UMUSEKE.RW 

Yisangize abandi