Isomwa ry’urubanza rw’umwavoka ushinjwa gusambanya umwana ryasubitswe

Yanditswe na Elisée MUHIZI

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwasubitse isomwa ry’urubanza ruregwamo ‘Avocat’ Me Kanani Boniface, ushinjwa gusambanya umwana w’imyaka 15 y’amavuko.

Isomwa ry’urubanza ryari kuba kuri uyu wa Gatatu Taliki ya 17 Ukuboza 2025 saa munani zuzuye.

Abari baje gukurikirana isomwa ry’urubanza bakomeje gutegereza bigera saa Cyenda zirenga Inteko itaraza.

Amakuru UMUSEKE wakuye ahantu hizewe nuko imyanzuro y’urubanza yatinze kwandikwa kubera akazi kenshi abacamanza bari bafite biba ngombwa ko barwimurira Taliki 30 Ukuboza 2025.

Gusa urubanza rwa Me Kanani Boniface ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana rwaranzwe n’impaka nyinshi kubera ko Ubushinjacyaha bwasabaga ko rubera mu muhezo.

Ni mu gihe abunganira Kanani mu mategeko bifuzaga ko rubera mu ruhame kugira ngo abaturage bikuriremo ukuri ku byaha umukiliya wabo ashinjwa.

Muri izo mpaka zose zamaraga umwanya munini, Inteko iburanisha yagiye ifata umwanzuro wo kuburanisha uru rubanza mu muhezo kubera ko uregwa ari umwana.

Bukavuga ko hari ingingo y’amategeko irengera umwana ibiteganya.

Cyakora abunganizi ba Me Kanani basabaga Urukiko kudaha agaciro ibyo Ubushinjacyaha buvuga, kubera ko uregwa amaze kugeza imyaka y’ubukure.

Kugeza ubu urega yabwiye UMUSEKE ko afite ibimenyetso bifatika bigaragaza ko Me Kanani yamusambanyaga kandi ko yabibwiye Ubushinjacyaha.

Amakuru UMUSEKE ufite avuga ko Me Kanani ahakana ibyo ashinjwa.

Me Kanani ushinjwa iki cyaha afite abunganizi batatu mu mategeko, mu gihe urega we afite Umwavoka umwe n’ubushinjacyaha buhagarariye Ubutabera.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW i Muhanga.

Yisangize abandi