Kinshasa: Umuyobozi Mukuru mu ishyaka rya Kabila yaburiwe irengero

Yanditswe na MUGIRANEZA THIERRY
Emmanuel Ramazani Shadary usanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho w'ishyaka PPRD

Emmanuel Ramazani Shadary usanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho w’ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wategetse Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaburiwe irengero nyuma yo kuvanwa mu rugo iwe i Kinshasa n’abagabo bikwije intwaro.

Ni amakuru yatangajwe na Wivine Paipo Ngweli usanzwe ari umugore wa Ramazani.

Wivine Paipo Ngweli yatangaje ko mu rukerere rwo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, abagabo bageze kuru 40 bitwaje intwaro binjiye mu rugo rwabo i Kinshasa bagatwara umugabo we.

Ati “Bari nka 40 bari mu modoka eshashatu n’indi bisi y’umweru. Binjiye mu cyumba cy’umwana bamutunga imbunda bamubaza aho Se ari.”

Yavuze ko bahise bafunga umugabo we Emmanuel Ramazani Shadary, umukozi ubakorera, abarinzi batatu ndetse n’umushoferi.

Uyu mugore w’umunyapolitiki umaze iminsi wumvana imitsi n’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi yavuze ko yasabye ko bamubwira aho bajyanye umugabo we bakamwima amakuru, ko kandi bwarinze bucya atarahamenya.

Emmanuel Ramazani Shadary ni Umunyamabanga Uhoraho wa PPRD, ishyaka rya Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019.

Uyu Ramazani yari aherutse kumvikana anenga bikomeye Perezida Félix Tshisekedi avuga ko ‘iby’amasezerano aherutse gusinya ari ukurangaza abantu.’

Yigeze no guhamagazwa n’urukiko rwa Gisirikare aho aregwa ubugambanyi cyo kimwe na Joseph Kabila, bishingiye ku mutwe wa AFC/ M23 bashinjwa gufasha no kubamo.

Abayobozi bo mu ishyaka rya Kabila muri Werurwe babujijwe gusohoka igihugu ndetse ibikorwa by’iryo shyaka birahagarikwa.

Emmanuel Ramazani Shadary usanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho w’ishyaka PPRD

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW 

Yisangize abandi