Mu mikino y’Umunsi wa Cyenda muri Shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya Mbere y’Umupira w’Amaguru, Rayon Sports WFC yanganyije umukino wa Kabiri wikurikiranya mu gihe Police WFC yakuye inota rimwe mu Burasirazuba.
Ku Cyumweru, tariki ya 14 Ukuboza 2025, ni bwo habaye imikino isoza iy’umunsi wa Cyenda wa Shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya Mbere y’Umupira w’Amaguru. Ni imikino yasize amakipe y’ibigugu nta n’imwe ibonye amanota yuzuye.
Imikino ibiri yari ihanzwe amaso, ni uwahuje APR WFC na Rayon Sports WFC n’uwahuje Indahangarwa WFC yakirira i Kabarondo mu Burasirazuba na Police WFC iyoboye iyi Shampiyona.
Ikipe y’Ingabo yari yakiriye umukino kui Stade Kamena mu Karere ka Huye, yanganyije n’iyo mu Nzove igitego 1-1 mu mukino wagaragayemo guhangana kw’aya makipe asanzwe ari makeba uhereye no muri basaza ba bo.
APR WFC yatsindiwe na Ukwishaka Zawadi, mu gihe Gikundiro yatsindiwe na Ukwinkunda Jeannette ‘Jiji’, maze abakobwa batozwa na Rwaka Claude banganya umukino wa Kabiri wikurikiranya nyuma yo kunganya na Police WFC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa Munani wa Shampiyona.
Ahandi hari aho guhanga amaso, ni mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Kabarondo. Indahangarwa WFC yari mu rugo, n’ubwo yabanje kubona izamu ariko yagabanye amanota na Police WFC nyuma yo kunganya igitego 1-1.
Indi kipe ikomeje gutanga ibimenyetso byo kuzaba iri mu zitinyitse mu minsi iri imbere, ni Macuba WFC y’i Nyamasheke. Iyi ibifashijwemo na Mukamana Dénise, Mukasibomana Angelique, Muhaweninama Marie Claire watsinze penaliti na Ugirumukiza Josephine, batsinze Nyagatare WFC ibitego 4-0 maze amanota yuzuye barayambukana.
Ikipe yindi ikomeje kugana ahabi, ni AS Kigali WFC yahoze iyoboye ruhago y’Abagore mu Rwanda. Kugeza ku munsi wa Cyenda wa Shampiyona, nta ntsinzi irabona kuko imaze gutsindwa imikino itandatu, yanganyije itatu. Yatsindiwe i Rwamagana na Muhazi WFC ibitego 3-0.
Kugeza ubu, Police WFC iracyayoboye n’amanota 23, igakurikirwa na Rayon Sports WFC ifite 20 mu gihe Indahangarwa WFC iri ku mwanya wa Gatatu n’amanota 19. AS Kigali WFC iri ku mwanya wa 11 n’amanota atatu n’umwenda w’ibitego 18 mu gihe Nyagatare WFC ari yo ya nyuma n’ubusa bw’amanota n’umwenda w’ibitego 22.
Indi mikino yabaye:
- Inyemera WFC 2-0 Bugesera WFC
- Forever WFC 0-1 Kamonyi WFC









UMUSEKE.RW
