Nyuma yo gutandukana na Bizumuremyi Radjab, ikipe ya Rutsiro FC, yamaze guha akazi Niyonkuru Gustave nk’umutoza mukuru wa yo.
Amakuru yemeza ko Niyonkuru, azerekanwa ejo ku wa Mbere, tariki ya 15 Ukuboza 2025 n’ubwo amaze iminsi mu Rwanda, cyane ko yanarebye umukino wahuje Rutsiro FC n’Amagaju FC, amanota yuzuye agataha i Rutsiro.
Gustave watozaga Vital’o FC y’i Burundi, yabisikanye na Bizumuremyi Radjab wasezerewe n’iyi kipe yamusabye gusesa amasezerano kubera umusaruro nkene.
Amakuru ava i Rubavu, yemeza ko Niyonkuru Gustave namara kwerekanwa ku mugaragaro, azahita anatangira ndetse umukino we wa mbere uzaba ari Kiyovu Sports ku munsi wa 12 wa shampiyona.
Uretse gutoza Vitalo’o, Niyonkuru yanatoje ikipe y’Igihugu y’u Burundi na Espoir FC y’i Rusizi yatoje mu 2023.
Mu mikino 11 imaze gukinwa muri Shampiyona, Rutsiro FC iri ku mwanya wa 18 n’amanota 10. Imaze gutsinda imikino ibiri, inganya ine mu gihe yatakaje itandatu.

UMUSEKE.RW
