Rutsiro FC yatandukanye na Bizumuremyi Radjabu

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Nyuma y’umusaruro nkene uri muri Rutsiro FC, iyi kipe yamaze gutandukana n’uwari umutoza mukuru wa yo, Bizumuremyi Radjabu wari ukiyifitiye amasezerano y’umwaka umwe urenga kuko yari yasinye ay’imyaka ibiri.

Ni icyemezo cyafashwe na Perezida w’iyi kipe, Nsanzineza Ernest kuri uyu wa Mbere, tariki ya 1 Ukuboza 2025.

Amakuru UMUSEKE wamenye, avuga ko uyu muyobozi yasabye Radjabu ko basesa amasezerano ndetse ahita abyemeza biciye ku rubuga rwa WhatsApp ruhuriraho abagize Komite Nyobozi, abafana b’imena b’iyi kipe ndetse n’abandi bakozi bamwe ba Rutsiro FC.

Iyi kipe iterwa inkunga n’Akarere ka Rutsiro, iri ku mwanya wa 16 n’amanota atandatu mu makipe 18 nyuma y’imikino Icyenda  ya shampiyona imaze gukina. Umukino iheruka gukinira ku kibuga cya yo cya Stade Umuganda, Rutsiro FC yatsinzwe na AS Muhanga igitego 1-0 itozwa na Gatera Moussa wayitozaga umwaka ushize.

Inshingano zo gutoza, zasigaranywe na Omar Rubangura wari umutoza wungirije mu gihe amakuru yandi avuga ko Hitimana Thierry yatekerejwe nk’umusimbura wa Bizumuremyi.

Mu mukino w’ikirarane, iyi kipe izakira Al-Merreikh SC ku wa Gatatu, tariki ya 3 Ukuboza 2025 Saa Cyenda z’amanywa kuri Stade Umuganda.

Yari yasinye amasezerano y’imyaka ibiri
Radjabu yatandukanye na Rutsiro FC
Perezida wa Rutsiro FC, Nsanzineza Ernest yemeje ko iyi kipe yatandukanye na Bizumuremyi Radjabu
Rutsiro FC iri mu myanya mibi ishobora kuyimanura mu Cyiciro cya Kabiri

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi