Simba Queens yasezereye Umutesiwase Magnifique

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Nyuma y’amezi atatu gusa yerekeje muri Simba Queens yo muri Tanzania, Umutesiwase Magnifique yamaze gusezererwa na yo kubera ko atari ku rwego ikipe imwifuzaho.

Muri Nzeri uyu mwaka, ni bwo ikipe ya Simba Queens yo muri Tanzania, yemeje ko yamaze gusinyisha Umutesiwase Magnifique wakiniraga Indahangarwa WFC yo mu Burasirazuba.

Ni umukinnyi wari wasinye amasezerano y’imyaka ibiri ariko amezi atatu gusa yari ahagije ngo ikipe itandukane nawe.

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, ni uko Magnifique ukina mu busatirizi, yamaze gusezererwa n’iyi kipe, ndetse yamaze kugaruka mu Rwanda aho kuri ubu nta kipe afite.

Umwe mu bakinnyi bakinana yagize ati “Bamusezereye. Babonye nta bushobozi bwo gukina muri Simba Queens afite.”

Magnifique yavuye muri iyi kipe nta mukino n’umwe wa Shampiyona ayikiniye uretse iya gicuti yakinnye ariko mu yo yakinnye yose nta gitego yigeze atsinda.

Bivugwa ko uyu rutahizamu uri i Kigali, ashobora gusubira mu Indahangarwa WFC yari yavuyemo ubwo yajyaga muri Tanzania. Asanzwe kandi ari umukinnyi w’imikino Ngororamubiri mu kwiruka ku maguro.

Umutesiwase Magnifique yamaze gusezererwa na Simba Queens yo muri Tanzania
Yari yasinye amasezerano y’imyaka ibiri

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi