Umuryango w’Abibumbye watangaje ko abasirikare batandatu bari mu butumwa bwawo bwo kugarura amahoro muri Sudani bishwe n’igitero cyagabwe ku birindiro byabo.
Iki gitero cyagabwe ku wa Gatandatu tariki ya 13 Ukuboza 2025, muri Leta ya Kordofan, ubwo indege itagira abapilote ‘drone’ yamishaga za mbobe ku nyubako ziri mu birindiro by’Ingabo za Loni ziri mu butumwa bwiswe UNISFA.
Loni yavuze ko ‘abasirikare bayo batandatu bishwe, abandi batandatu bagakomereka ubwo drone yarasaga ikigo cya Kadugli mu Majyepfo ya Leta ya Kordofan’.
Abapfuye bose bakomoka muri Bangladesh, ibintu icyo gihe cyamaganiye kure.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres yamaganye iki gitero ‘kidafite impamvu’ avuga ko kigize ibyaha by’intambara mu mategeko mpuzamahanga.
Yanditse ati “Igitero cya none mu Majyepfo ya Kordofan kikibasiraabaharanira amahoro ntigikwiye. Hari abazabibazwa.”
Guverinoma ya Sudani n’Igisirikare byashinje Umutwe wa Rappid Support Forces ko ari wo wagabye iki gitero, ibyo wamaganiye kure.
Intambara muri Sudan yarubuye kuva muri Mata 2023, nyuma y’uko habayeho kutumvikana hagati y’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Leta, Gen. Abdel-Fattah Burhan, n’uwahoze ari umwungiriza we Gen. Mohammed Hamdan Dagalo, uzwi cyane ku izina rya Hemedti, usigaye uyobora umutwe wa Rapid Support Forces.
Aba bagabo bombi bafatanyije mu guhirika ku butegetsi uwari Perezida Omar al-Bashir mu 2019, ndetse nyuma banakorana mu guhirika ubutegetsi bw’abasivili mu 2021.
Nyuma barashyamiranye bishingiye ku kukunanirwa gusaranganya ubutegetsi mu ngabo no mu nzego za gisivili.
Umuryango w’Abibumbye uvuga ko abantu barenga miliyoni 14 bamaze kuva mu byabo, abandi barenga 40.000 bamaze kwicwa.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
