Uwimana Jean Jules usanzwe ari umunyamakuru w’imikino wa KT-Radio na Kigali Today, yasabye anakwa umugore we, Uwimana Angel Merci mu bukwe bwabereye mu Karere ka Muhanga.
Ubukwe bwa Jean Jules na Angel Merci, bwabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 27 Ukuboza 2025, bubera mu Karere ka Muhanga.
Gusezerana imbere y’Imana, byabereye muri Paroisse ya Kabgayi iherereye mu Karere ka Muhanga, mu gihe gusaba no gukwa na byo byabereye muri Salle y’iyi Paroisse.
Uwimana ukorera KT-Radio n’umugore we, bari bamaze imyaka itandatu bari mu Rukundo nyuma yo gutangira uru rugendo mu 2019.
Uyu munyamakuru uba mu Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru b’Imikino mu Rwanda [AJSPOR], yashimiye abamubaye hafi muri uru rugendo.











UMUSEKE.RW
