Umuturage yasize ubuzima mu mpanuka y’urusengero rwaguye

Yanditswe na Elisée MUHIZI
Polisi ivuga ko urusengero rwaguye rwari rucyubakwa (Photo RadioTV 1)

Mu Karere ka Kamonyi impanuka y’urusengero rwagwiriye abaturage, yatwaye ubuma bw’umwe muri bo.

Ejo ahagana saa cyenda (15h00), mu Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Nyarubaka, mu Kagari ka Ruyanza, mu Mudugudu wa Gatagara nibwo abaturage batanze amakuru ko hari urusengero rw’itorero ADEPR rwarimo kubakwa ko rwagwiriye abantu.

Inzego z’ibanze, Police na RIB byihutiye kujyayo, bahageze basanga abaturage batatu bakomeretse bihutanwa kwa muganga.

Umwe muri abo baturage witwa Nyandwi Dominique w’imyaka 24 yahise apfa nk’uko Polisi yabibwiye UMUSEKE.

Uriya muturage yapririye ku bitaro bya Remera Rukoma, naho abandi babiri boherezwa ku bitaro bya Kabgayi ubu barimo kwitabwaho.

Police yahise ifunga abayobozi babiri (2) bayoboraga urwo rusengero ubu bafungiye kuri Police Station Musambira Ubugenzacyaha bwatangiye iperereza.

Police irihanganisha umuryango wa nyakwigendera, kandi ikibutsa buri wese wubaka kubahiriza amategeko n’amabwiriza agenga imyubakire, hirindwa impanuka.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi