Kamonyi: Impanuka y’imodoka yatwaye ubuzima bw’umuntu

Yanditswe na Elisée MUHIZI
Iyi mpanuka yabereye muri Kamonyi

Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Hiace, yahitanye umuntu umwe, ikomerekeramo bikomeye abandi 10.

Byabereye mu Mudugudu wa Kagangayire, Akagari ka Sheli mu Murenge wa Rugarika Akarere ka Kamonyi.

Umuvugizi wa Polisi Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SP Emmanuel Kayigi  yabwiye UMUSEKE ko imodoka yo mu bwoko bwa Hiace yagonze iyari imbere yayo ziri mu cyerekezo kimwe, irayisunika igonga HOWO yari imbere yayo na yo,  maze yica umuntu umwe ikomerekeramo abagenzi 10 bari muri iyo modoka ya Hiace.

SP Emmanuel avuga ko abakomeretse ari abari muri iyo Minibus barimo n’Umushoferi wari uyitwaye.

Ati: ”Icyateye iyo mpanuka ntikiramenyekana, gusa turakeka ko ishobora kuba yaturutse ku burangare bw’umushoferi.”

SP Emmanuel avuga ko iperereza ku cyateye impanuka rikomeje.

Umuvugizi avuga ko Umurambo wa nyakwigendera batahise babona imyirondoro, wajyanywe mu Bitaro gukorerwa isuzuma, mu gihe abakomeretse boherejwe mu Bitaro bitandukanye byo mu Karere ka Kamonyi, Muhanga n’ibyo mu Mujyi wa Kigali.

Polisi yasabye abashoferi kwitwararika bakamenya ko abo batwaye ari abantu.

Umuvugizi wa Polisi Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SP Emmanuel Kayigi avuga ko mu minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani habaye impanuka  6 zikomeye zahitanye abana 2  umwe yagonzwe na moto, undi yicwa n’imodoka.

Indi mpanuka yabereye mu Karere ka Nyamasheke yica umuntu umwe.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Kamonyi.

Yisangize abandi
Ibitekerezo 2
  • I’m really impressed with your writing skills and also with the layout on your blog. Is this a paid theme or did you modify it yourself? Either way keep up the nice quality writing, it’s rare to see a nice blog like this one today..

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *